Rwamagana: Hari abataye ingo zabo nyuma yo kurwanya ubuyobozi burimo kubimura

Mu Murenge wa Musha w’Akarere ka Rwamagana, Akagari ka Nyakabanda, mu Mudugudu wa Ruhita, abaturage barimo kwimurwa bitewe n’uko ngo atari agace kagenewe imiturire, barimo abarwanyije ubuyobozi n’ababonye ibyo biba, ubu bataye ingo zabo kuko batinya gufungwa cyangwa kugirirwa nabi mu bundi buryo.

Uku guhangana ngo kwabaye ku wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025 kumaze gufungisha abarenga 21 n’ubwo Ubuyobozi bw’Umurenge bwahakanye buvuga ko nta muturage ufunzwe kubera gukubita abayobozi n’abashinzwe umutekano.

Umwe muri abo baturage agira ati “Ubuyobozi bw’umurenge buri kutwirukana hano kandi turi ba kavukire, twumva ko hari umukire waguze aha hantu none barimo kuhatwirukana ku ngufu batatwereka aho tujya, nta n’ingurane baduhaye kandi nta n’ubwo bigeze baduteguza binyuze mu nteko rusange.”

Undi muturage avuga ko ku wa Kabiri tariki 29/07/2025 Umuyobozi w’Umurenge yazanye n’uwa Polisi muri uwo Murenge, ubwo ngo bendaga gusenya, abaturage ngo batoye amabuye, imihoro, amapiki n’ibindi, batesha abo bayobozi bahita biruka, none abo baturage ngo barimo gushakishwa kugira ngo bafungwe.

Uwo muturage avuga ko ubuyobozi bw’umurenge bwamutwaye isakaro rye(amabati) n’ibikoresho byo mu nzu nyuma yo kumusenyera.

Abayobozi b’umudugudu (Umukuru wawo hamwe n’ushinzwe Umutekano) na bo bari mu bahunze bitewe n’ayo makimbirane aturuka ku kuba abatuye umudugudu bose ndetse n’abo mu wo bituranye wa Rugarama barimo kwimurwa aho batuye ku ngufu nta ngurane.

Ni mu gihe Umuyobozi w’Akagari we amaze amezi arenga atatu afunzwe nyuma yo gushinjwa icyaha cyo gupfobya Jenoside, kuko ngo yasabye abaturage bari bicaye bumva Ijambo ry’Umukuru w’Igihugu mu cyunamo ati “Ubwo atangiye kuvuga mu Cyongereza muhaguruke dutahe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Rwagasana Jean Claude, avuga ko nta muturage ufunzwe bitewe no kurwanya ubuyobozi, ariko ko gahunda yo kwimura abaturage bose b’uwo mudugudu wa Ruhita ndetse n’uwa Rugarama yo ihari.

Rwagasana yagize ati “Jyewe nzi ko nta muturage wa Musha waba ameze atyo (waza kurwanya ubuyobozi afite isuka n’ipiki), ni yo mpamvu ngusaba ibisobanuro(case) kuri buri muntu ngo nkubwire ibyo bamufungiye.”

Rwagasana avuga ko mu butaka bw’imidugudu ya Ruhita na Rugarama nta site z’imiturire zihari, abahatuye bose bakaba bagomba kujya gushaka ibibanza ahemewe gutura akaba ari ho bubaka.

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka