Bamporiki na Gasana Emmanuel bafunguwe

Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko hamwe na Gasana Emmanuel wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, bari mu bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Iteka rya Perezida ryo ku wa 18 Ukwakira 2024 ritanga imbabazi ryashyize ku mugereka abagororwa 31 bahawe imbabazi, bari bafungiye muri gereza zitandukanye mu Rwanda, barimo Bamporiki Edouard na Emmanuel Gasana wayoboye Polisi n’Intara y’Uburasirazuba.

Iri teka ryashyizweho nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikanasimbuza Abaminisitiri babiri bayoboraga Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI).

Jean Claude Musabyimana wayoboraga MINALOC yasimbujwe Dr Patrice Mugenzi, mu gihe Dr Musafiri Ildephonse wayoboraga MINAGRI yasimbujwe Dr Mark Cyubahiro Bagabe (wigeze kuyobora Ikigo gitsura Ubuziranenge).

 

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”