Bamporiki na Gasana Emmanuel bafunguwe

Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko hamwe na Gasana Emmanuel wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, bari mu bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Iteka rya Perezida ryo ku wa 18 Ukwakira 2024 ritanga imbabazi ryashyize ku mugereka abagororwa 31 bahawe imbabazi, bari bafungiye muri gereza zitandukanye mu Rwanda, barimo Bamporiki Edouard na Emmanuel Gasana wayoboye Polisi n’Intara y’Uburasirazuba.

Iri teka ryashyizweho nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikanasimbuza Abaminisitiri babiri bayoboraga Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI).

Jean Claude Musabyimana wayoboraga MINALOC yasimbujwe Dr Patrice Mugenzi, mu gihe Dr Musafiri Ildephonse wayoboraga MINAGRI yasimbujwe Dr Mark Cyubahiro Bagabe (wigeze kuyobora Ikigo gitsura Ubuziranenge).

 

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi