Hagiye kugwa imvura irenze isanzwe igwa mu itangira ry’Ukwakira

Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, cyatangaje Iteganyagihe ry’igice cya mbere cy’ukwezi k’Ukwakira 2024 (kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 10), riteganya imvura irengeje igipimo cy’isanzwe igwa muri iki gihe.

Meteo ivuga ko imvura iziyongera ugereranyije n’ibice bishize by’ukwezi kwa Nzeri, ikazaba iri hagati
ya milimetero 20 na milimetero 140.

Ni imvura Meteo ivuga ko izaranga itangira ry’Umuhindo w’uyu mwaka watinze, ikazaboneka mu minsi iri hagati y’ine (4) n’umunani (8), kuko aho itazagwa ari ku itariki ya 4 n’iya 5 Ukwakira 2024.

Ikarita y’iteganyagihe ry’imvura igaragaza ko ahazagwa nyinshi kuruta ahandi ari mu majyaruguru y‘iburasirazuba bw’Akarere ka Rusizi, mu bice byinshi by’Uturere twa Nyamasheke na Rutsiro hamwe no mu bice bito by’Uturere twa Rubavu, Nyabihu na Musanze, hateganyijwe iri hagati ya milimetero 120 na 140.

Ahasigaye mu Ntara y’Iburengerazuba (uretse amajyepfo y’Akarere ka Rusizi), mu bice byinshi by’Uturere twa Musanze na Burera, mu majyaruguru y’Akarere ka Gicumbi no mu burengerazuba bw’Uturere twa Gakenke, Nyamagabe na Nyaruguru, hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 100 na 120.

Imvura nke iteganyijwe iri hagati ya milimetero 20 na 40, ikaba izagwa mu bice bito by’Uturere twa Ngoma
na Bugesera.

Meteo ivuga kandi ko muri iyi minsi 10 ya mbere y’ukwezi kwa 10(Ukwakira), ubushyube bwo hejuru buteganyijwe buzaba buri hagati ya dogere Selisiyusi
20 na 30, bukazaba buri ku kigero cy’ubushyuhe busanzwe bw’iki gice.

Ubushyuhe bwo basi buteganyijwe buzaba buri hagati ya dogere Selisiyusi 8 na 18, na bwo bukaba buri ku kigero
cy’ubushyuhe bwo hasi busanzwe.

Hateganyijwe kandi umuvuduko w’umuyaga uzakomeza kwiyongera mu bice byinshi by’Igihugu, aho uzaba ubarirwa hagati ya metero 4 na 12 ku isegonda, kandi ko aho umuyaga uzaba mwinshi ari mu Ntara y’Iburasirazuba
n’Iburengerazuba mu Turere twa Karongi, Rutsiro na Nyamasheke.

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”