Rubavu: Imodoka ya Bralirwa itwara ibinyobwa yakoze impanuka birangirika

Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiriba mu kagari ka Gikombe mu mudugudu wa Rugerero, kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Nzeri 2024, habereye impanuka y’imodoka yavaga kuri Bralirwa yerekeza Musanze inzoga yari yikoreye zirameneka zose.
Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SP Kayigi Emmanuel, yatangarije Kigali Today ko iyi mpanuka yaturutse ku itiyo y’imyuka yacitse bituma igice cy’inyuma ‘Trailer’ cyari gitwaye inzoga nacyo gicika inzoga zose zarimo zirameneka.

SP Kayigi avuga ko ntawakomerekeye muri iyi mpanuka cyangwa ngo ahasige ubuzima uretse inzoga zangiritse gusa.

Kugeza ubu ntiharamenyekana igihombo cyatewe n’iyi mpanuka kuri izo inzoga zangiritse kuko bakiri mu bikorwa byo kuzibarura.

Abaturage baciye ahabereye iyi mpanuka abenshi bahise bigabiza amwe mu macupa yarimo inzoga batangira kwinywera ariko inzego z’umutekano zihageze zatangiye kubakumira baragenda.

SP Kayigi avuga ko iyi mpanuka yabangamiye urujya n’uruza rw’ibindi binyabiziga, kuko habanje ibikorwa byo gukura ayo macupa mu muhanda.

SP Emmanuel Kayigi yatanze ubutumwa ku bantu batwara ibinyabiziga, ko bakwiye kugenda neza mu muhanda, bubahiriza amategeko yawo.

SP Kayigi avuga ko mu bukangurambaga bukorwa na Polisi y’u Rwanda, bashishikariza abatwara ibinyabiziga kugenda neza ko bagomba kuringaniza umuvuduko, bitewe n’imiterere y’umuhanda bagendamo ndetse no kwitwararika buri gihe cyane cyane igihe hari umuvundo w’ibinyabiziga mu muhanda, ndetse bagasuzumisha ibinyabiziga byabo mbere yo kugenda mu muhanda.

Ati “Uyu mushoferi iyo aza kumenya ko itiyo y’imyuka ifite ikibazo ntabwo aba yakoze impanuka.

Source:Kigali to day

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”