U Rwanda ruhagamye ikipe y’igihangange ya Nigeria

Yanditswe na Willian Bolgés Dasliva

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yanganyije n’ikipe ya Nigeria mu mukino urangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, ukaba wari uwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, kizakinirwa muri Maroc mu mwaka utaha wa 2025.

Ni umukino ushimishije benshi barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba Amavubi y’u Rwanda anganyije ubusa ku busa (0-0) na ‘Super Eagles’ ya Nigeria, imwe mu makipe y’ibihangange kuri uyu mugabane.

Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye, kuko Umujyi wa Kigali wari wahereye mu gitondo cya kare urarikira abantu kujya kureba uwo mukino.

Umutoza w’u Rwanda, Umudage Frank Spittler, yavuze ko yishimiye uko abakinnyi bitwaye mu kibuga kandi ko hakiri ibintu byo gukosora by’umwihariko ku ruhande rw’ubusatirizi bw’u Rwanda.

Spittler yijeje Abanyarwanda ko mu mikino izakurikiraho bazagerageza gukora cyane bagashaka amanota atatu, kuko bazahita bakina n’ikipe y’Igihugu cya Benin.

Kapiteni w’u Rwanda, Bizimana Djihad, we yatangaje bazakora ibishoboka bakitwara neza mu mikino izakurikiraho.

  • Related Posts

    MINICOM yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro

    Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda(MINICOM) yatangaje ko yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro na serivisi zo gusharija bateri zazo, ariko yirinda gutangaza ibyo bihano. MINICOM ivuga ko nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe…

    Read more

    Congress ya FPR Inkotanyi ikoze amavugurura

    Inama Nkuru(Congress) ya 17 ya FPR Inkotanyi yagejeje ku banyamuryango amavugurura yakozwe mu nzego z’ubuyobozi bw’uyu muryango, harimo kuba hashyizweho urwego rw’Inararibonye, ndetse hakaba hemejwe abagize Komite Nyobozi bashya. Aba…

    Read more

    Ntibigucike

    MINICOM yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro

    MINICOM yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro

    Congress ya FPR Inkotanyi ikoze amavugurura

    Congress ya FPR Inkotanyi ikoze amavugurura

    Kuki ababyeyi benshi mu Rwanda badashaka kongera kubyara!-NISR

    Kuki ababyeyi benshi mu Rwanda badashaka kongera kubyara!-NISR

    Imyaka 25 ya Desantaralizasiyo: Ni izihe serivisi ukijya gushakira i Kigali?

    Imyaka 25 ya Desantaralizasiyo: Ni izihe serivisi ukijya gushakira i Kigali?

    ADEPR: Insengero zirenga 1154 muri 3141 zizavaho burundu

    ADEPR: Insengero zirenga 1154 muri 3141 zizavaho burundu

    Imvura igiye kuba nyinshi muri iyi minsi 10 yo hagati mu Kuboza

    Imvura igiye kuba nyinshi muri iyi minsi 10 yo hagati mu Kuboza