Imvura yo mu mpeshyi imaze kwica 5, izageza ku wa kabiri-Meteo

Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura irimo kugwa mu bice bitandukanye by’Igihugu izageza kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2025, ikazongera kuboneka kuva tariki 26 z’uku kwezi, n’ubwo Umuhindo uzaba utaratangira neza.

Iyi mvura yabaye nyinshi ngo imaze guteza ibiza byahitanye abantu batanu, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi(MINEMA), ndetse ko hakomeretse abaturage 25, mu gihe inzu 15 na zo zangijwe n’ibi biza.

Meteo ivuga ko imvura nk’iyi ijya iboneka rimwe na rimwe, ariko ko bitazateza kubura imvura mu gihe cy’Umuhindo nyirizina. Itangazwa ry’imvura y’umuhindo wa 2025 riteganyijwe tariki ya 29 Kanama 2025.

Iteganyagihe ry’iminsi 10 kuva tariki 11 kugera 20 Kanama 2025, ryagaragaje ko hazagwa imvura irenze igipimo cy’isanzwe igwa mu yindi myaka muri iki gihe cyo hagati mu kwezi kwa Kanama.

Meteo-Rwanda yagize iti “Imvura iteganyijwe iri hagati ya milimetero 0 na 50 mu bice bitandukanye by’Igihugu, ikaba iri hejuru gato y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice (imvura isanzwe igwa muri iki gice iri hagati ya milimetero 0 na 40).”

Meteo ivuga ko iyi mvura izaturuka ku bwiyongere bw’ubuhehere bw’umwuka buturuka ahanini ku miyaga iva mu burengerazuba bw’Inyanja y’Ubuhinde yerekeza mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Iryo teganyagihe ry’iminsi 10 yo hagati muri uku kwezi ryavugaga ko aho imvura izagwa, iminsi izagwamo izaba iri hagati y’ibiri (2) n’ine (4) bitewe n’imiterere ya buri hantu, ikaba iteganyijwe cyane cyane mu ntangiriro no mu matariki yegereza impera z’iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Kanama.

Related Posts

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

Read more

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

Read more

Ntibigucike

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”