Mozambike:Imfungwa zirenga 1,500 zatorotse gereza kubera imyigaragambyo

Polisi ivuga ko imfungwa zirenga 1,500 zatorotse gereza muri Mozambique, zifatiranye imvururu za politike zikomeje kubera muri icyo gihugu zitewe n’ibyavuye mu matora byateje impaka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, umukuru wa polisi Bernardino Rafael yavuze ko abantu 33 bishwe naho abandi 15 barakomereka mu bushyamirane n’abarinzi.

Yongeyeho ko abandi hafi 150 mu batorotse bamaze kongera gufatwa.

Imyigaragambyo yadutse ku wa mbere, nyuma yuko urukiko rurusha izindi ububasha rwemeje intsinzi y’ishyaka FRELIMO mu matora ya perezida yabaye mu Kwakira (10) uyu mwaka. Iri shyaka rimaze imyaka 49 ku butegetsi.

Rafael yavuze ko ejo ku wa gatatu amatsinda y’abigaragambya bamagana leta begereye iyo gereza yo mu murwa mukuru Maputo. Yavuze ko imfungwa zafatiranye izo mvururu, nuko zisenya urukuta ziratoroka.

Mozambique yugarijwe n’imvururu kuva mu Kwakira ubwo habaga amatora ya perezida yateje impaka. Ibyavuye mu matora byatangajwe byagaragaje ko umukandida Daniel Chapo w’ishyaka FRELIMO ari we watsinze amatora.

 

Iyi myigaragambyo mishya yadutse ku wa mbere, ubwo urukiko rurinda iremezo ry’itegekonshinga rwemezaga ko Chapo yatsinze amatora, nubwo rwagabanyije ikigero cy’intsinzi ye.

Ibyavuye mu matora by’ibanze byatangajwe mu Kwakira byagaragaje ko Chapo yatsinze ku majwi 71% naho uwo bari bahatanye ukomeye Venâncio Mondlane abona amajwi 20%. Ubu urwo rukiko rwavuze ko Chapo yatsinze ku majwi 65% naho Mondlane abona amajwi 24%.

Amakuru dukesha BBC avuga y’uko umujyi wa Maputo washoboraga kugira ngo nta muntu uwubamo.

Ubucuruzi hafi ya bwose bwari bwafunze, n’abantu bagumye mu ngo zabo mu kwirinda ko baza kwisanga muri izi mvururu za mbere mbi cyane zibaye muri uwo mujyi kuva FRELIMO yafata ubutegetsi mu 1975, ubwo iki gihugu cyo muri Afurika y’amajyepfo cyabonaga ubwigenge.

Ibiro bya FRELIMO, stasiyo za polisi, za banki n’inganda byarasahuwe, birasenywa ndetse biratwikwa mu bice bitandukanye by’igihugu. Kuva ku wa mbere, abantu nibura 21 biciwe mu mvururu, nkuko minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yabivuze ku mugoroba wo ku wa kabiri.

Mondlane, wamaze guhunga akava muri Mozambique, amaze igihe asaba abamushyigikiye kwigaragambya bamagana amatora avuga ko yabayemo uburiganya.

Mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga mu mpera y’icyumweru gishize, yavuze ko hashobora kubaho “imyivumbagatanyo mishya y’abaturage” mu gihe ibyavuye mu matora byaba bitaburijwemo.

Abantu hafi 150 bamaze kwicirwa muri iyi myigaragambyo imaze amezi hafi atatu kuva amatora abaye.

 

By Julien B.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi