Umugaba mukuru wa RDF n’abarinda Perezida wa Repubulika batanze amaraso

Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda, RBC, cyashimiye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda(RDF) hamwe n’Umutwe ushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guards), kuba bitabiriye gahunda amaraso ku bayakeneye.

Umuyobozi w’Ikigo gishizwe gutanga amaraso muri RBC, Dr Muyombo Thomas, akaba ari n’umuhanzi uzwi ku izina rya Tom Close, yanditse ku rubuga rwa X ashimira ingabo z’Igihugu(RDF) ziyobowe na Gen Mubarakh Muganga, kubera kwitabira gutanga amaraso.

Dr Muyombo yagize ati “Nyuma yo gukora ibishoboka byose ngo igihugu cyacu gitekane, bongeraho no gutuma ubuzima bwacu budahungabana, bagatanga amaraso atangwa kwa muganga.”

Dr Muyombo yakomeje agira ati “Afande CDS wa RDF hamwe n’Ingabo za RDF muri RepublicanGuard mwarakoze, ejo mwongeye kurengera abarwayi. Muri INTWARI byahamye!”

 

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi