Zelensky: ‘Uburusiya Bugiye Kohereza ku Rugamba Abasirikare 10000 ba Koreya ya Ruguru’

Zelensky mu nama y’bakuru b’ibihugu by’ubumwe bw’uburayi i Bruxelles 

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yemeza ko Uburusiya bwitegura kohereza ku rugamba abasirikare 10.000 ba Koreya ya Ruguru.

Yabibwiye abanyamakuru ejo i Buruseli mu Bubiligi aho abakuru b’ibihugu by’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi bamwakiriye mu nama yabo.

Yasobanuye ko bamwe ndetse barangije kugera ku butaka bwa Ukraine. Kuri we, ni intambwe ya mbere y’Uburusiya yo guteza intambara y’isi yose.

Zelensky yari asanzwe avuga ko Koreya ya Ruguru irimo itiza abasirikare bayo Uburusiya kugirango bujye kubarwanisha muri Ukraine, ariko ni ubwa mbere atanze imibare yabo.

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi bivuga ko nabyo bisanzwe bibizi, ariko bikavuga ko ari imibare yo kwitondera.

Kuri ibyo, Koreya ya Ruguru yoherereje Uburusiya abasirikare bari hagati y’2.000 n’12.000. Ariko ngo bashobora kuba banarengaho.

Uretse Koreya ya Ruguru, Zelensky yongeye na none kurega na Irani iha Uburusiya intwaro zirimo za “drones” na misile. (Reuters, AFP, VOA)

Julien B.

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya