Zelensky: ‘Uburusiya Bugiye Kohereza ku Rugamba Abasirikare 10000 ba Koreya ya Ruguru’

Zelensky mu nama y’bakuru b’ibihugu by’ubumwe bw’uburayi i Bruxelles 

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yemeza ko Uburusiya bwitegura kohereza ku rugamba abasirikare 10.000 ba Koreya ya Ruguru.

Yabibwiye abanyamakuru ejo i Buruseli mu Bubiligi aho abakuru b’ibihugu by’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi bamwakiriye mu nama yabo.

Yasobanuye ko bamwe ndetse barangije kugera ku butaka bwa Ukraine. Kuri we, ni intambwe ya mbere y’Uburusiya yo guteza intambara y’isi yose.

Zelensky yari asanzwe avuga ko Koreya ya Ruguru irimo itiza abasirikare bayo Uburusiya kugirango bujye kubarwanisha muri Ukraine, ariko ni ubwa mbere atanze imibare yabo.

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi bivuga ko nabyo bisanzwe bibizi, ariko bikavuga ko ari imibare yo kwitondera.

Kuri ibyo, Koreya ya Ruguru yoherereje Uburusiya abasirikare bari hagati y’2.000 n’12.000. Ariko ngo bashobora kuba banarengaho.

Uretse Koreya ya Ruguru, Zelensky yongeye na none kurega na Irani iha Uburusiya intwaro zirimo za “drones” na misile. (Reuters, AFP, VOA)

Julien B.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”