Insengero zambuwe ubuzima gatozi zishobora gusenyuka

Umuyoboke wa rimwe matorero yambuwe ubuzima gatozi mu Rwanda mu mwaka ushize, yaganirije KIGALIINFO avuga ko insengero n’izindi nyubako zatawe, ubu zitangiye kwangirika bitewe no kutitabwaho.

Karangwa Emmanuel (si yo mazina ye ya nyayo), avuga ko abavuye muri izo nsengero ubu basabwa ikiguzi cyo kuzirindira umutekano, kuzikorera isuku hamwe no kwishyura imisoro y’ubutaka zubatsweho, nyamara badaterana ngo bakusanye ayo mafaranga.  

Uwo muturage uzobereye ibijyanye n’ubwubatsi agira ati “Inzu iyo nta muntu uyibamo ngo ayikurikiranire hafi itangira gusaduka no kwangirika, niba wari gusana ahantu hafite metero imwe, ejo uzasana ahafite metero esheshatu.”

Avuga ko kwishyura abazamu, abashinzwe isuku ya buri munsi ku rusengero, amatara ahora yaka ninjoro kugira ngo abajura n’abandi bantu batagira ibyo bangiza, ngo bisaba amafaranga agera hafi ku bihumbi 200Frw buri kwezi, hatabariwemo imisoro y’ubutaka urwo rusengero rwubatseho, na yo bakaba basabwa kuyishyura buri mwaka.

Agira ati “Ayo mafaranga ko yabonekaga abantu bateranye bagatanga amaturo, urumva ubu yava he koko! Nkanjye mperuka guterana urusengero rutarafungwa, imyaka ibiri igiye gushira ntabona abo twasenganaga, twarateranaga tugakusanya inkunga zo kwishyurira bagenzi bacu ubwisungane mu kwivuza, ibyo ntibigikorwa.”

Karangwa avuga ko urusengero rwabo rufite ikibanza kinini bari bagiye kubakamo amashuri kugira ngo bifashe abana kudakora ingendo ndende, ariko ibyo byose ngo ntabwo byitaweho mu kurufunga.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB) ntacyo ruratangaza ku maherezo y’insengero zambuwe ubuzima gatozi ubu zikaba zarabaye ibihuku (ibizu bitabamo abantu).

Ibarura ryakozwe na RGB ku bufatanye n’izindi nzego mu mwaka ushize wa 2024 ryagaragaje ko hari insengero zirenga 14,000 mu Gihugu, haza gufungwa izitujuje ibisabwa zirenga 9,800, ariko byageze muri Kamena 2025 izirenga 7,700 zigifunzwe.

Mu kwezi k’Ukwakira 2025, ubwo yahuraga n’abayobozi b’imiryango ishingiye ku kwemera (amadini n’amatorero), Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr Doris Uwicyeza Picard yavuze ko uretse insengero zambuwe ubuzima gatozi, izindi zose zishobora gushakirwa ibisabwa byose hanyuma ba nyirazo bakandika basaba ko zifungurwa.

Umwe mu bari abayoboke b’Itorero Ebenezer Rwanda riri mu bambuwe ubuzima gatozi, avuga ko RGB yabasabye kureba irindi torero ryemewe mu Rwanda risa n’irihuje imyemerere n’iryabo bakishyira hamwe maze bagakomeza gusengera mu rusengero rwabo ariko bitwa izina ry’iryo torero rishya binjiyemo.

Bethesda Holy Church

Uwo muyoboke wa Ebenezer avuga ko abenshi mu bayoboke b’iryo torero bifuza kwifatanya na Bethesda Holy Church rya Bishop Rugamba Albert rifite icyicaro i Kagugu hirya yo mu Gakiriro ka Gisozi, mu gihe abandi bake bifuza kuyoborwa n’itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR).

Bishop Albert Rugamba avuga ko kuva ataramenya icyatumye Ebenezer Rwanda ryamburwa ubuzima gatozi, atapfa kwemera kubabyara muri batisimu, ariko ko baramutse bemeye ko icyo Bethesda yazabategeka cyose bacyemera, byazarebwaho.

Ku birebana n’icyo umutungo w’umuryango ushingiye ku myemerere ugomba gukoreshwa mu gihe bambuwe ubuzima gatozi, nta ngingo yihariye ibisobanura mu Itegeko ryo muri 2018 rigena imitunganyirize n’imikorere by’imiryango ishingiye ku myemerere, ariko mu mategeko shingiro ya buri muryango ho biba biteganyijwe.

Ebenezer Rwanda ni umwe mu miryango ishingiye ku myemerere yambuwe ubuzima gatozi mu Rwanda nyuma y’uko uwari umushumba waryo, Nkundabandi Jean Damascène atanze urusengero rw’i Giheka (Kagugu) ho ingwate muri banki, bikaba byarakuruye amakimbirane hagati ye n’abo yari abereye umuyobozi.

Pasiteri Nkundabandi yatsinzwe mu rubanza rwaciwe n’urukiko rw’ibanze arajurira, ubu akaba ategereje ko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rufata umwanzuro kuri urwo rubanza agiye kumaramo imyaka itatu.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Ntibigucike

Insengero zambuwe ubuzima gatozi zishobora gusenyuka

Insengero zambuwe ubuzima gatozi zishobora gusenyuka

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri