Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Green Party) hamwe na Nkubana Alphonse uyobora Ishyaka ry’Ubwisungane bugamije Iterambere, PSP, batowe nk’abakandida Senateri, bazasimbura abagiye gusoza manda yabo.

Aba basenateri bashya batorewe mu nama idasanzwe y’Inteko rusange y’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (NFPO), yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025.

Dr Habineza na Nkubana bagiye gusimbura Mugisha Alex na Clautilde Mukakarangwa, abasenateri bahagarariye imitwe ya Politiki barangije manda.

Dr Habineza yatangaje ko yishimiye iki cyizere yagiriwe n’Imitwe ya Politiki yamutoye, akaba yizeza ko azakomeza gukorera ubuvugizi Abanyarwanda nk’uko yabikoraga akiri umudepite.

Dr Habineza yakomeje agira ati “Nzakomeza ubuvugizi nk’uko nabikoraga ndi Umudepite, ndetse no gukora inshingano za Sena zo gukurikirana iyubahirizwa ry’amahame remezo ari mu Itegeko Nshinga.”

Dr Frank Habineza wavutse mu mwaka wa 1977, ari mu bashinze ishyaka Democratic Green Party of Rwanda(DGPR) muri 2009, akaba ari na we Perezida waryo kugeza ubu.


Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi