Perezida wa Madagascar yahunze

Perezida w’ikirwa cya Madagascar, kimwe mu bihugu bigize Umugabane wa Afurika, Andry Rajoelina, yahunze kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ukwakira 2025 nyuma y’uko igisirikare kimuvuyeho kikifatanya n’abaturage bamaze iminsi bigaragambya.

Kuva mu kwezi gushize kwa Nzeri ni bwo abaturage biganjemo urubyiruko bagiye mu mihanda batangira kwigaragambya bavuga ko nta mazi n’umuriro babona, ariko bijundika Perezida Rajoelina wari umaze imyaka 2 yongeye gutorerwa kuyobora Madagascar muri 2023.

Kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yari amaze kubona ko asumbirijwe, Ingabo zamushyizeho zimaze kwifatanya n’abaturage kumwamagana, Rajoelina yahunze ariko ibitangazamakuru bivuga iyi nkuru ntibigaragaza aho yerekeje.

Minisitiri w’Intebe wa Madagascar, Ruphin Fortunat Zafisambo, yasabye ibice byose by’abigaragambya gutuza hagatangira ibiganiro byo kumva ibyo abaturage bakeneye bigashakirwa ibisubizo.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi