Icyumweru kigiye gushira ubucuruzi mu Rwanda bukorwa mu gicuku gusa

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko kuva tariki ya 19 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, imirimo y’ubucuruzi izakorwa (ninjoro gusa) kuva ku isaha itatangajwe kugera saa kumi z’urukerera.

RDB ivuga ko izi ngamba zafashwe ku bufatanye n’izindi nzego, hagamijwe gucunga neza impinduka zishobora kugaragara mu mikoreshereze y’imihanda mu gihe cy’irushanwa mpuzamahanga ry’amagare (UCI Road World Championships) rizabera mu Rwanda.

Nk’uko iri tangazo ribivuga, amaduka, resitora, utubari n’utubyiniriro bizemererwa gukora kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am) gusa, muri icyo gihe cy’irushanwa.

Ni ingamba RDB ivuga ko zigamije gufasha igihugu kwakira neza abakinnyi, abafana n’abandi bashyitsi bazaturuka hirya no hino ku isi, ndetse no kwirinda ko habaho imyitwarire idakwiye.

RDB yibutsa kandi ko hari amabwiriza asanzweho yo kwirinda urusaku rukabije, kudatanga inzoga ku bana bari munsi y’imyaka 18 hamwe no kwirinda guha inzoga abantu basinze.

RDB yibutsa abantu bose ko abanywi b’inzoga bagomba kunywa mu rugero, bakirinda gutwara ibinyabiziga banyweye kandi ko abazarenga kuri aya mabwiriza bazahanwa hakurikijwe amategeko.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi