Dore ibanga ryo kuramba ku isi! Ni nde kugeza ubu uyibayeho igihe kirekire?

Kugeza ubu mu mwaka wa 2025, umuntu ukiriho uzwiho kuba mu barambye ku isi yitwa Ethel Caterham wo mu Bwongereza, akaba yarujuje imyaka 116 mu kwezi gushize kwa Kanama 2025. Kigali Info irabagezaho inama zitangwa n’inzobere mu bijyanye no kwita ku buzima bw’umuntu kugira ngo abashe kubaho imyaka myinshi ku isi, nk’uko byifuzwa na benshi.

Nk’uko byanditswe n’ikinyamakuru cyitwa Harvard Health cy’Ishuri ry’ubuvuzi rya Kaminuza ya Harvard, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hamwe na PubMed Central cy’Ikigo gishinzwe ubuvuzi muri Amerika(NIH), dore ibyo wakora muri iki gihe kugira ngo ubeho igihe kirekire kandi ufite ubuzima buzira umuze.

Icya mbere ni ukureka itabi, kuko umwotsi waryo uhumanya ibihaha ugafunga inzira z’ubuhumekero, bigatuma umuntu atabasha kumara imyaka myinshi y’ubuzima bwe ku isi.

Siporo ya buri munsi – harimo iyo kugenda n’amaguru ndetse no gukora imirimo n’imyitozo ngororamubiri, bituma umutima ukora neza bikaringaniza gutembera kw’amaraso mu mubiri kuko imiyoboro yayo izibuka, bigatuma n’imbaraga z’umubiri zirushaho kwiyongera.

Kurya indyo iboneye kandi yuzuye – kurya imboga, imbuto, ibinyampeke n’umutsima wabyo utagira amasukari menshi, amafi, ibishyimbo n’amavuta, ukagabanya inyama hamwe n’ibyo kurya n’ibinyobwa byatunganyirijwe mu nganda akenshi biba bifite amasukari menshi, bituma umuntu agira ubuzima bwiza akaramba.

Kuryama igihe gihagije – abantu bakuru ni bo bakunda kuryama amasaha make, nyamara ngo bakeneye kumara byibura amasaha 7–9 basinziriye buri joro, mu gihe abana bo baba bagomba kuyarenza.

Kwirinda inzoga cyangwa kuzigabanya  –abaganga bavuga ko kunywa nyinshi byangiza umubiri, n’ubwo Bibiliya Yera yo itemerera umukristo wa nyawe kunywa na gake.

Kubaho uri inshuti y’abantu bose uhereye ku miryango yawe– kuba hafi y’abandi no kugira ibyo ubakorera bigutera ishema n’icyizere bigatuma umutima n’ubwonko bigira ubuzima bwiza.

Kwirinda imihangayiko no kujagarara(stress) – umutima uhorana amahoro utuma n’umubiri ukora neza.

Kugira isuku, kwivuza hakiri kare no gukingirwa – guhora umuntu asuzumisha umubiri we uko uhagaze(check-up), yasanga arwaye akivuza hakiri kare, ndetse no kwikingiza indwara, bimurinda gusaza akiri muto.

Kwirinda impanuka n’ibiza– gukoresha amavuta arinda uruhu kwangizwa n’izuba, kwirinda ibibazo bituruka ku kirere cyangwa impanuka umuntu ahura na zo mu ngendo no mu byo akora, biri mu bimurinda gupfa akenyutse(akiri muto).

PubMed Central ivuga ko hari ubushakashatsi bukomeje gukorwa ku miti nka metformin na rapamycin, igaragaza ko ishobora kongerera abantu imyaka yo kubaho, ariko ikazakoreshwa ku bantu mu gihe igerageza rikorerwa ku nyamaswa rizaba ritanze igisubizo.

Iyi miti kandi ngo isubiza inyuma ibimenyetso byo gusaza ku bantu bageze mu zabukuru, n’ubwo ngo abaganga basanze byagira izindi ngaruka ku buzima.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi