Impanga zifatanye, umwe ni ingaragu undi akaba umugore wubatse urugo

Abanyamerika bavutse ari impanga zifatanye igihimba ariko imitwe ari ibiri, umwe akomeje kuba ingaragu undi ni umugore wubatse urugo, n’ubwo umwanya ndangagitsina wabo bombi ari umwe.

Abigail (Abby) na Brittany (Britty) Hensel bavukiye i Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku italiki ya 7 Werurwe 1990, ari impanga zifatanye (dicephalic parapagus)—zifite imitwe ibiri n’igihimba kimwe ariko gifite ingingo nyinshi z’imbere mu mubiri z’abantu babiri.

Buri mpanga ifite umutima wayo, ibihaha, inda (igifu, urwagashya, amara, impyiko), amagufka y’urukanka y’abantu babiri n’ubwo afite uburyo afatanye, aho Abby akoresha igihande cy’iburyo, Brittany agakoresha icy’ibumoso.

Batorejwe hamwe kuva bakivuka, biga kugenda buri ese agenzura ukuguru kuri mu ruhande rwe, gufata amafunguro bari hamwe, kwiherera, gukora no kwiga byose bigasaba guhuriza hamwe imbaraga zabo, ku buryo umwe iyo akangutse bigoranye ko undi aguma asinziriye.

Mu gihe cyo gufata amafunguro buri wese agenzura akaboko ke, aho Abby akoresha ukuboko kw’iburyo, Brittany agakoresha ukw’ibumoso, n’ubwo akenshi bafatanya umwe agashyira igikombe cyangwa agatamika amafunguro mugenzi we, ariko bitavuze ko ibyo kurya k’umwe byinjira mu gifu cy’undi.

Icyakora baba bagomba guhuza gahunda yo gufungura, kugira ngo bombi bagire ingufu, kuko iyo umwe atariye cyangwa atanyweye, ashobora kubura imbaraga mu gihe undi aba ari muzima.

Mu bijyanye no kwiga no gukora,
Abby na Brittany bize amashuri abanza n’ayisumbuye i Menesota aho bavuka, baza gukomereza Kaminuza muri Bethel University aho barangije kwiga mu mwaka wa 2012, nyuma basubira i Minnesota aho kugeza ubu ari abarimu b’abana mu ishuri ribanza rya New Brighton.

Mu bijyanye no kubana kw’abashakanye,
mu mwaka wa 2021 Abby(Abigail Hensel) yaje gukundana n’umusore wabaye mu gusirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba ari n’umuforomo witwa Josh (Joshua) Bowling, barashyingiranwa byemewe n’amategeko, ariko Brittany we yiyemeza kuguma ari ingaragu, n’ubwo bombi bafite umwanya ndangagitsina umwe.

Kugeza ubu, Brittany utarashaka umugabo, avuga ko yishimira ubuzima bwe bwite nk’umwarimukazi, kandi ko yumva akunze gufatanya n’impanga ye Abby mu buzima bwa buri munsi, n’ubwo batandukanye ku bijyanye n’icyerekezo cy’ubuzima bwabo.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi