Imvura yo mu mpeshyi imaze kwica 5, izageza ku wa kabiri-Meteo

Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura irimo kugwa mu bice bitandukanye by’Igihugu izageza kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2025, ikazongera kuboneka kuva tariki 26 z’uku kwezi, n’ubwo Umuhindo uzaba utaratangira neza.

Iyi mvura yabaye nyinshi ngo imaze guteza ibiza byahitanye abantu batanu, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi(MINEMA), ndetse ko hakomeretse abaturage 25, mu gihe inzu 15 na zo zangijwe n’ibi biza.

Meteo ivuga ko imvura nk’iyi ijya iboneka rimwe na rimwe, ariko ko bitazateza kubura imvura mu gihe cy’Umuhindo nyirizina. Itangazwa ry’imvura y’umuhindo wa 2025 riteganyijwe tariki ya 29 Kanama 2025.

Iteganyagihe ry’iminsi 10 kuva tariki 11 kugera 20 Kanama 2025, ryagaragaje ko hazagwa imvura irenze igipimo cy’isanzwe igwa mu yindi myaka muri iki gihe cyo hagati mu kwezi kwa Kanama.

Meteo-Rwanda yagize iti “Imvura iteganyijwe iri hagati ya milimetero 0 na 50 mu bice bitandukanye by’Igihugu, ikaba iri hejuru gato y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice (imvura isanzwe igwa muri iki gice iri hagati ya milimetero 0 na 40).”

Meteo ivuga ko iyi mvura izaturuka ku bwiyongere bw’ubuhehere bw’umwuka buturuka ahanini ku miyaga iva mu burengerazuba bw’Inyanja y’Ubuhinde yerekeza mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Iryo teganyagihe ry’iminsi 10 yo hagati muri uku kwezi ryavugaga ko aho imvura izagwa, iminsi izagwamo izaba iri hagati y’ibiri (2) n’ine (4) bitewe n’imiterere ya buri hantu, ikaba iteganyijwe cyane cyane mu ntangiriro no mu matariki yegereza impera z’iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Kanama.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi