‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’

Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa Kigali, ivuga ko yafatanye Ngirabatware na ‎Nyiranizeyimana udupfunyika 1,144 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16/08/25, mu Murenge wa Jabana, ariko ngo bari bagiye kurucururiza mu Murenge wa Gisozi.

Polisi ivuga ko ‎uru rumogi rwafatiwe i Bweramvura mu Mudugudu wa Taba, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, aho “rwari rubitswe mu nzu ya Ngirabatware, mu gihe Nyiranizeyimana we yari aje kurutwara kugira ngo ajye kuruha abakiriya be ku Gisozi, bakaba bafatiwe mu cyuho bamaze kurupakira mu mufuka.”

‎Abafashwe ndetse n’urumogi bafatanywe bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Jabana kugira ngo bakorerwe dosiye ijyanwa mu Bugenzacyaha RIB, ndetse ngo iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane aho bakura urwo rumogi.

‎Polisi y’Igihugu ishimira uruhare abaturage bakomeje kugira mu gutanga amakuru no kuyatangira ku gihe, bikaba ari “ikimenyetso cyerekana ko abaturage bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge.”

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu Gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi