Kigali: Nyampeta yagiye gufata moto ye yibwe afatanwa urumogi

Polisi y’Igihugu ivuga ko hari uwitwa Nyampeta Gaspard w’imyaka 30 y’amavuko ufungiwe kuri Sitasiyo ya Kigarama mu Karere ka Kicukiro, nyuma yo kuhagera agiye gufata moto ye yari yibwe ariko agafatanwa udupfunyika (boules) 2 tw’ikiyobyabwenge cy’urumogi.

Polisi ivuga ko abaturage bo mu Mudugudu wa Karuyenzi, Akagari ka Nyarurama, Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro bayihamagaye bavuga ko babonye moto yibwe, haza gufatwa uwitwa Maniriho Saleh w’imyaka 25 y’amavuko, akaba ashinjwa kuyivana aho yari yayiparitse.

Ubutumwa Kigali Info yahawe na Polisi bugira buti “Taliki ya 11/08/2025, saa 05h00, abaturage bahamagaye Polisi ko hari moto yibwe, abapolisi bahise batangira ibikorwa byo gushakisha iyo moto ndetse no gufata uwayibye, hafatwa Maniriho Saleh, akaba yarayibye uwitwa Gaspard(Nyampeta) ayikuye aho yari iparitse.”

Polisi ivuga ko ubwo Nyampeta yari aje kuri station ya Polisi ya Kigarama gufata moto ye, yafatanywe boules 2 z’urumogi. Uwibye moto na nyirayo bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Kigarama, aho barimo gukurikiranwa n’amategeko.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi