Agakiriro ka Gisozi kongeye gushya

Kuva saa munani z’igicuku cyo kuri kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Gicurasi 2025, igice cy’Agakiriro ka Gisozi gikorerwamo intebe, ameza n’ibitanda cy’ahitwa muri ADARWA cyafashwe n’inkongi y’umuriro, aho Polisi ikomeje kuzimya kugeza muri iki gitondo.

Aha mu gakiriro ka Gisozi hamaze kwibasirwa n’inkongi y’umuriro inshuro zirenga 5 mu myaka itandukanye.

Tariki 3 Kamena 2019 inkongi yafashe igice cy’Agakiriro ka Gisozi, ahacururizwaga imbaho n’ibikoresho byo mu nzu, harimo matela, imbaho zo mu bwoko bwa Ribuyu, amasanduku yo gushyinguramo, amatelefoni, amaradiyo, n’ibindi.

Tariki 29 Kamena 2019 Hashize iminsi 26 gusa, indi nkongi yongeye kwibasira Agakiriro ka Gisozi, yibasira igice cyari haruguru y’umuturirwa witwa UMUKINDO, aho hasigaye agace gato ugereranyije n’ahari hamaze gushya.

Tariki 17 Kanama 2021 Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Agakiriro ka Gisozi, ahakorerwa ibikoresho bitandukanye byo mu nzu, ububiko bw’imbaho, hakaba harahiye na za matora(imifariso).

Tariki 12 Gashyantare 2023 Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Agakiriro ka Gisozi, ahabikwamo imbaho. Iyi nkongi yabaye ahagana saa tanu z’ijoro, abantu bamaze gutaha.

Tariki 23 Gicurasi 2023 Inkongi y’umuriro na none yibasiye igice cy’Agakiriro ka Gisozi ahakorerwa hakanacururizwa ibikoresho bitandukanye byo mu nzu birimo intebe, ameza, ibitanda n’ibindi.

Inkuru ya Kigali Today

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi