Trump yari yabiciye amarenga, Cardinal w’Umunyamerika abaye Papa

Cardinal w’Umunyamerika, Robert Francis atorewe kuba Papa, afata izina rya Leon XIV nyuma y’amatora yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli Sistine.

Ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa Kane tariki 8 Gicurasi 2025, ni bwo imbaga y’abayoboke ba Kiliziya Gatolika bari bateraniye ku rubuga rwitiriwe Mutagatifu Petero i Vatikani, babonye umwotsi wera nk’ikimenyetso cy’uko Papa mushya atowe.

Papa Leon XIV yatowe ku nshuro ya kane n’Abakaridinali 133 nyuma yo kubigerageza inshuro eshatu ariko amajwi ntiyuzure, akaba yatowe ku nshuro ya Kane mu matora yari amaze iminsi ibiri.

Papa Leon XIV ni uwa 267, akaba asimbuye Papa Francis witabye Imana ku itariki 21 Mata 2025.

Perezida Trump mu ishusho ya Papa

Cardinal Robert Francis Prevost wavutse tariki 14 Nzeri 1955, atowe nyuma y’uko Umukuru w’Igihugu cye cya Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, abiciyemo amarenga, aho mu cyumweru gishize yari yagaragaye mu ifoto (yatunganyijwe n’ikoranabuhanga rya AI) yambaye nka Papa.

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)