Huye: Umugabo yakubiswe ifuni agiye gusambana

Uwitwa Emmanuel Mutunzi w’imyaka 55 y’amavuko, wari utuye mu Murenge wa Karama wo mu Karere ka Huye, yitabye Imana azize gukubitwa ifuni n’umusore witwa René Iradukunda w’imyaka 19 y’amavuko wari umubonye agiye gusambana na nyina.

Amakuru dukesha Kigali Today avuga ko ibi byamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2024, mu mudugudu wa Rugege, Akagari ka Muhembe, Umurenge wa Karama mu Karere ka Huye.

Emmanuel Mutunzi, yitabye Imana agiye gusambanya umugore w’umupfakazi witwa Grâce Yankurije w’imyaka 43, aho Iradukunda, umuhungu w’uwo mugore yamubonye mu rugo iwabo akamukubita ifuni mu mutwe, undi ahita yitaba Imana.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, Constantin Kalisa, yemeje iby’ayo makuru ko ari byo, kandi ko uwishe nyakwigendera yafashwe akaba ari mu maboko y’Ubugenzacyaha.

Kalisa yageneye ubutumwa abaturage ayobora abasaba kwirinda kwihanira, kandi ko abubatse ingo bagomba kureka guca inyuma abo bashakanye.
Yanihanganishije umuryango wabuze uwabo.

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)