Perezida Kagame yakuyeho urujijo ku guha akazi abo bitiranwa

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakuyeho urujijo ku bavuga ko ashyira mu myanya y’akazi abo bitiranwa cyangwa abavandimwe be, aho bamwe babishingira ku kuba ku itariki 14 Ukwakira 2024 yarashyizeho Abakuru b’Ingabo babiri bitwa ba Kagame bombi.

Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ku wa mbere w’iki cyumweru yagize Maj Gen Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, na Maj Gen Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere muri RDF.

Maj Gen Alex Kagame ari mu bayobozi bakuru bagejeje indahiro kuri Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, nyuma y’Abaminisitiri babiri bashya, ari bo Dr Patrice Mugenzi wa MINALOC na Dr Mark Cyubahiro Bagabe wa MINAGRI.

Perezida Kagame yagize ati “Bimeze nk’urwenya, abantu bazi ko nshyira mu kazi barumuna banjye cyangwa bakuru banjye, cyangwa abandi, ariko ntabwo ari byo. Abanyarwanda bita amazina asa ku mpamvu zitandukanye, nanjye ubwanjye izina ryanjye naryiswe bikurikije umuntu wari ubanye n’abanyise izina.”

Ati “Hari n’abashoboraga kwita izina umuntu bahereye ku ryanjye, ntabwo bivuze ko tuva mu muryango umwe, ntabwo nahaye umuntu akazi kubera ko tugira icyo dupfana, ntabwo ari byo, ndagira ngo mpanagure urwo rujijo ruriho.”

Perezida Kagame asaba abayobozi barahiye hamwe n’abandi basanzweho guharanira ko inzego zikorana, mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi