Umuyobozi wa SONARWA n’Umubaruramari wayo batawe muri yombi

Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) ruvuga ko rwataye muri yombi Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwinshingizi mu Rwanda(SONARWA), Rees Kinyangi hamwe n’ushinzwe ibaruramari, Aisha Uwamahoro, bashinjwa kunyereza amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 117.

Ikinyamakuru Taarifa Rwanda kivuga ko amafaranga abo bayobozi bakurikiranyweho yacungwaga na Hoteli Nobilis, isanzwe iri mu mitungo ya SONARWA, nk’uko Ubugenzacyaha bubisobanura.

RIB ivuga ko dosiye y’abo bayobozi bombi yamaze kugezwa mu bushinjacyaha kugira ngo bukomeze iperereza ryabwo, nyuma y’uko batawe muri yombi tariki 02 Ukwakira 2024.

Taarifa ivuga ko Urwego rushinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, rwinjiye muri iki kibazo kuko ubusanzwe SONARWA ari umunyamigabane warwo ufitemo uruhare rungana na 79.21%.

RSSB nk’ikigo gishinzwe gucunga neza amafaranga Abanyarwanda bazigamira ikiruhuko cy’izabukuru, ishinzwe kureba uko ayo mafaranga akoreshwa aho ari ho hose mu bikorwa yashowemo.

Hari amakuru adafitiwe gihamya avuga ko Hotel Nobilis iri mu bibazo by’ubukungu bitayoroheye, ku buryo ngo idatabawe vuba yafunga imiryango.

Abatanga aya makuru bavuga ko Guverinoma iri gukorana na RSSB ngo harebwe uko iyo hoteli yagurwa n’umushoramari ikongera kuzahuka.

Kinyangi na Uwamahoro bakurikiranyweho gukoresha nabi umutungo wa rubanda, bikaba byaragize ingaruka ku bukungu bwa SONARWA ubwayo na Hoteli Nobilis by’umwihariko.

 

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya