Abantu batewe akanyamuneza n’ igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole

RUGIGANA Evariste Umuyobozi mukuru wa RURA 

Mu izina ry’umuyobozi mukuru warwo RUGIGANA Evariste, Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’inzego zimwe z’imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro(RURA) rwasohoye itangazo rimenyesha abaturarwanda bose ko mu gihe cy’amezi abiri ari imbere, uhereye kuri uyu wa kabiri taliki ya 08 Ukwakira 2024 saa moya z’umugoroba(19h00′) ibiciro by’ibikomoka kuri peterole byavuguruwe bigabanuka mu buryo bukurikira:

Igiciro cya lisansi ni 1,574frw kuri litiro kivuye kuri 1,629frw kuri litiro. Naho Igiciro cya mazutu ni 1,576frw kuri ltiro kivuye kuri 1,652frw kuri litiro.

Iri tangazo ryacishijwe ku rukuta rw’ urwo rwego ku rubuga X, ryagaragaje ko ahanini iri gabanuka ryashingiye ku ihandagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole biri ku isoko mpuzamahanga.

Itangazo rya RURA rigaragaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peterole mu Rwanda

Abantu benshi bakimara gusoma iri tangazo batanze ibitekerezo byabo bagaragaza ko bishimiye iri gabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole, ndetse bamwe basaba ko n’ibiciro by’ingendo ku binyaniziga bitwara abantu mu buryo bwa rusange byagabanuka.

Ibiciro by’ibikomoka kuri peterole byari bisanzweho

Ihindika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole rivuze ikintu kinini mu mibereho ya muntu ku isi, kuko rifite uruhare runini mu izamuka cyangwa imanuka ry’ibiciro by’ibindi bicurizwa byose abantu bakenera mu buzima busanzwe bwa buri munsi.

By Julien B 

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya