KNC yikomye Radio y’Igihugu ayishinja gupfobya Gasogi United

Perezida wa Gasogi United Kakoza Nkuriza Charles, (KNC) yanenze abanyamakuru ba Radio Rwanda baherutse kugaragaza ko umukino wa Gasogi United FC na Rayon Sports udafite icyo uvuze imbere y’uwa CAF Champions League.

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Gasogi United yakinnye umukino w’umunsi wa Kane wa Shampiyona y’u Rwanda wayihuje na Rayon Sports ndetse iyi kipe yari yawakiriye igatsindwa igitego 1-0.

Mbere y’uko ukinwa, havuzwe byishi haba ku ruhande rwa KNC, abafana ndetse n’abasesenguzi ku maradiyo atandukanye bagaragaza ibyo kuwitegamo n’imyiteguro yawo.

Mu bawusesenguye harimo na Radio Rwanda, aho mu kiganiro cy’Urubuga rw’Imikino, yagize ikiganiro mpaka kuri uyu mukino wari wavugishije benshi.

Icyo gihe bagarageje ko KNC yabujije abantu kureba umukino wa CAF Champions League wari guhuza APR FC na Pyramids FC yo mu Misiri kuko yanze guhindura amasaha, nkuko byashimangiwe na Kwizigira Jean Claude.

Ati “None se abantu bazaguma muri stade bakora iki? Arashaka abafana ba Rayon n’aba APR, kuko nibo dufite nk’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda. Niba KNC abashaka nabashyirire umukino saa Kumi n’Ebyiri, saa Mbili babe bagiye. Najye kuri Radio One, Radio Rwanda ntayo twakora.”

Mugenzi we Musangamfura Christian yongeyeho ati “Nuko nyine ubundi ari amakuru ariko ubundi nanjye ntabwo uriya mukino najya kuwureba. Ntabwo twayogeza, ahubwo twayinyonga.”

“Iri ni ikosa yakoze mu gutegura uyu mukino. Irya mbere yakoze ubukangurambaga ariko aranabwirwanyiriza. Nagerageje kugoragoza ariko yongeye kwirasa ikirenge, yimennye inda. Uriya mukino ashobora kuzawirebera.”

KNC yavuze ko ibyabaye bihabanye n’umurongo w’Igitangazamakuru cy’Igihugu, ko ahubwo abishatse yajya kurega ko cyamwangirije umukino.

Ati “Kubona Radio y’Igihugu nshuti yanjye, iyo mwumvise nta kintu cyiza mwavuga, mwakwicecekeye. Nyuma y’umukino bakurikijeho ngo Semuhungu yarabyinnye. Na Gacinya yarabyinnye n’abandi barabyinnye.”

“Hari ibintu abantu bakina nabyo. Ntabwo ushobora kubona igitangazamakuru cya Leta gikora icengezamatwara risenya umupira, ifite imirongo irenga cumi n’ingahe. Nshatse uyu munsi najya kuregera ibyangijwe, nkavuga nti njye nifuzaga abantu ibihumbi 30, none haje ibihumbi bikabakaba 15.”

Binyuze muri iki kiganiro cyatambutse kuri Radio na TV1, KNC yasabye Rwanda Premier League gukurikirana ibyo kogeza imikino kuko iyo bari kubikora bamamarizamo ibyabo kandi nta giceri na kimwe batanga ku makipe yakinnye.

IGIHE yagerageje kuvugana n’ubuyobozi bw’Igitangazamakuru cy’Igihugu ndetse na Radio Rwanda, ariko ubwo twasozaga kuyikora ntibwari bwakabonetse.

Source:IGIHE

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)