Irani na Hezbollah barashinja Israel ko ari yo yashwanyuje ibyuma by’itumanaho bya Hezbollah

Amakuru dukesha VOA avuga yuko “umutwe wa Hezbollah na guverinema ya Irani bishinja Isirayeli gushwanyuza ibyuma bikoreshwa n’abarwanyi ba Hezbollah mu itumanaho.”

Ni igitero cyahitanye abantu 12 harimo abana babiri, gikomeretsa abantu 2800.

Umutwe w’abarwanyi ba Hezbollah kuri uyu wa gatatu wavuze ko uzakomeza kurwanya Isirayeli mu rwego rwo gushyigikira umutwe wa Hamasi mu ntara ya Gaza. Hezbollah yavuze ko Isirayeli ikwiriye kwitegura igihano gikarishye.

I Kayiro mu Misiri, ministri w’ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Antony Blineken, yabwiye abanyamakuru ko Amerika itari izi iby’ituritswa ry’ibyo byuma kandi nta ruhare yabigizemo.

Yagaragaje impungenge ko ibyabaye bishobora gutera ibibazo by’umutekano mu karere k’uburasirazuba bwo hagati.

Isirayeli ntacyo yavuze kuri iki gikorwa cyabaye nyuma y’amasaha make itangaje ko igiye kwagura intambara irwana na Hamasi mu ntara ya Gaza, ikaza umutekano mu majyaruguru mu rwego rwo gukumira ibisasu byo mu bwoko bwa Roketi biraswa n’abarwanyi ba Hezbollah.

Hezbollah irakeka ko hari ibintu biturika byaba byarongerewe muri ibyo byuma mbere y’uko bishyikirizwa abarwanyi bayo. babyifashishaga nyuma y’uko umukuru wabo ababuza gukoresha za telefoni atinya ko Isirayeli yaba ibaneka ikumva ibyo bavugana.

By Julien B.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi