Inganda zizabura umuriro mu masaha y’umugoroba mu mpera z’iki cyumweru

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), bwatangaje ko umuriro w’amashanyarazi uzabura mu mpera z’iki cyumweru kuva saa kumi n’imwe z’umuguroba mu byanya byahariwe inganda bya Bugesera, Rwamagana, Nyagatare, Muhanga na Musanze ndetse n’inganda za Cimerwa, Skol, Bralirwa hamwe n’iz’icyayi za Nyabihu na Rubaya.

REG ivuga ko umuriro uzabura bitewe n’imirimo yihutirwa yo gusana
Uruganda rw’Amashanyarazi rwa ‘Shema Power Plant’ rukwirakwiza mu Rwanda ingufu zikomoka kuri gazi metane yo mu kiyaga cya Kivu.

Umuriro ngo uzabura ku wa Gatandatu tariki ya 14 Nzeri 2024 no ku Cyumweru tariki ya 15 Nzeri 2024, kuva saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00) kugeza saa yine z’ijoro (22h00),

REG yiseguye ku bafatabuguzi bayo kubera ibura ry’umuriro rizaba mu gihe iyo mirimo izaba ikorwa, ariko itangazo yatanze rigakomeza rigira riti “Abantu bose barasabwa kwitondera insinga z’amashanyarazi, kuko umuriro
ushobora kugaruka mbere y’isaha yavuzwe haruguru.”

 

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?