Abanyamakuru ba RBA barimo Gerard Mbabazi na Anita Pendo basezeye

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Itangazamakuru (RBA) rukomeje gutakaza abanyamakuru bazwi na benshi, ariko byageze ku basezeye mu gihe kimwe ari bo Gerard Mbabazi, Ismael Mwanafunzi, Anita Pendo, Assoumpta Abayezu na Martin Nyirijabo, bitera abantu kwibaza byinshi.

Gerard Mbabazi

Gerard Mbabazi uzwi cyane mu bijyanye n’ibiganiro by’imyidagaduro, yakoreraga ibitangazamakuru bya RBA ari byo Magic FM, Radiyo na Televiziyo by’u Rwanda, ubu bikavugwa ko yaba yagiye kwikorera ku giti cye.

Ismael Mwanafunzi hamwe na Mahoro Claudine bashakanye

Ismael Mwanafunzi wari usanzwe azwi cyane mu kiganiro cyitwa Waruziko cya Radio Rwanda, ariko agakora no mu Ishami ry’amakuru, ubu na we ngo yahavuye ajya kwikorera ku giti cye.

Anita Pendo azwiho kuba umushyushyarugamba mu buzima busanzwe bwo hanze y’Itangazamakuru, ariko by’umwihariko akaba yakoraga ibiganiro by’imyidagaduro ku bitangazamakuru bigize RBA, ari byo Magic FM, Radio na Televiziyo by’u Rwanda.

Umushyushyarugamba Anita Pendo

Anita Pendo agiye gukora kuri Radio Kiss FM, aho abisikanye na Sandrine Isheja Butera, uwo Inama y’Abaminisitiri yateranye mu kwezi gushize kwa Kanama, ikamugira Umuyobozi wungirije wa RBA.

Martin Nyirijabo na Anne Marie Niwemwiza bashakanye

Martin Nyirijabo wari usanzwe akora mu ishami ry’amakuru kuri Radio Rwanda, ni umwe mu bari bamaze igihe kuri RBA, ariko abantu bakaba barimo kwibaza impamvu batakirimo kumwumva, ariko ukuri ni uko ashobora kuba yagiye gukorera Umuryango Croix Rouge.

Assoumpta Abayezu wari usanzwe uzwi cyane mu makuru y’imyidagaduro kuri RBA, na we amaze igihe atahumvikana, bikavugwa ko yaba yagiye kwikorera.

Abayezu Assoumpta

Umwe muri abo banyamakuru twaganiriye, yatangaye ati “(Abagendeye rimwe) uzi ko turi benshi koko! Gusa nta kibazo na gito dufitanye na RBA rwose, jyewe byahuriranye n’uko abandi bagiye.”

Uyu munyamakuru avuga ko RBA ibahemba neza kandi bakorera ahantu heza(muri Environment nziza), gusa ngo byabaye ngombwa kugenda bitewe n’aho buri wese abona agafaranga gatubutse.

 

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi