Gen Kazura mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’umwaka asimbuwe ku kuyobora RDF

Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yemeje ko abasirikare bakuru barimo General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba mukuru wa RDF, bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.

Itangazo rya Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda rivuga ko General Jean Bosco Kazura hamwe n’abandi bane, ari bo Brig Gen John Bagabo, Brig Gen John Bosco Rutikanga, Brig Gen Johnson Hodari na Brig Gen Firmin Bayingana bashyizwe ku kiruhuko cy’izabukuru.

General Jean Bosco Kazura yabaye Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo muri 2019, asimbuye Gen Patrick Nyamvumba, icyo gihe akaba yaranavuye ku ipeti rya Major General agirwa General(asimbutse ipeti rya Lt Gen).

Nyuma y’imyaka ine muri Kamena 2023, Perezida Kagame yongeye gukora impinduka mu gisirikare cy’u Rwanda, ubwo General Jean Bosco Kazura yasimbuwe ku mwanya w’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda na Gen Mubarakh Muganga.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame kandi yemereye ikiruhuko cy’izabukuru abandi basirikare 170 b’ipeti rya ofisiye muri RDF hamwe n’abandi ba ‘sous-officiels’ 992.

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?