Yago yahunze Igihugu

Umuhanzi Nyarwaya Innocent wamenyekanye cyane nka Yago yatangaje ko yahunze “biturutse ku bo yita agatsiko kashatse kumwica mu myaka Ine ishize .”

Uyu muhanzi mu magambo yanditse ku rubuga rwe rwa X , avuga ko “ Aho kuva mu buzima wava mu barozi ‘ .

Uyu muhanzi avuga ko yahungiye muri Uganda bidatewe nuko yanga Igihugu ahubwo kubera bamwe mu bakomeje kumurwanya mu rugendo rwe rwa muzika.

Ku rubuga rwa X yagize ati “[…] Ukuri kugomba gutsinda.Umuntu atotezwa imyaka ine n’abantu bamwe abandi bakabakomera amashyi. Undi yavuga mu cyumweru kimwe bagashya ubwoba,ibikuba bigacika.”

Yakomeje ati “ Mwantoteje imyaka ine isi yose iranyanga mumbeshya kubera ubwoba bwanyu no gushaka kwikubira. Muhagarare.”

Uyu muhanzi avuga ko ahunze igihugu atari uko arwanga ahubwo ahunze agatsiko kamurwanya.

Ati “ Rwanda nkunda nkuhunze ntakwanga ahubwo mpunze agatsiko kabashatse kunyica mumyaka ine ishize, nkataka ariko ntawanyumvise numwe,umutima wanjye urababaye cyane. Ariko numpamagara nzitaba, kuko data yaragukoreye,mama arakubyarira. Uganda nyakira.”

Mu 2015, akirangiza amashuri yisumbuye yinjiye mu Itangazamakuru, akora kuri Goodrich TV, aza kuhava ajya kuri TV10, ari naho yamenyekaniye cyane nk’umwe mu banyamakuru b’abahanga.

Uyu muhanzi yakomeje gukora ibiganiro bya Youtube bigaruka ku bahanzi no ku bikorwa by’imyidagaduro.
Icyakora kuri Youtube haje inkubiri yo guterana amagambo hagati y’abahanzi barimo na Yago. Ibi ari na byo avuga ko byatumye ahunga.

Source: umuseke.rw

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi