DRC:Abashatse guhirika ubutegetsi bakatiwe urwo gupfa

Amakuru dukesha BBC avuga yuko “Umushinjacyaha w’urukiko rwa gisirikare yasabiye igihano cyo kwicwa abantu 50 baregwa kugerageza guhirika ku ngufu ubutegetsi bwa Kinshasa tariki 19 Gicurasi(5), uruhande rwabo rwavuze ko icyo gihano gikabije.

Aba bateye urugo rwa Vital Kamerhe – ubu ukuriye Inteko Ishingamategeko, n’ibiro Perezida Félix Tshisekedi akoreramo i Kinshasa, bari bayobowe na Christian Malanga wahise yicwa mu kubafata.

Baregwa ibyaha birimo; iterabwoba, gutunga intwaro bitemewe, kwica, umugambi wo kwica, no gutera inkunga iterabwoba n’ibindi.

Kuri 51 baregwa, ubushinjacyaha bwasabiye umwe gusa kudakatirwa urwo gupfa kuko “agaragaza ibibazo byo mu mutwe”.

Abaregwa abenshi ni Abanyecongo, barimo kandi Abanyamerika batatu, Umwongereza umwe, Umunyacanada umwe, n’Umubiligi umwe, ariko bose bafite inkomoko muri DR Congo.

Umwe mu baregwa wagarutsweho mu iburanishwa ryo ku wa kabiri, ni Jean-Jacques Wondo, wari umukozi w’urwego rw’ubutasi rwa DR Congo.

Ubushinjacyaha buvuga ko Wondo ari we wari inyuma y’iki gitero kandi ari na we watanze imodoka zibatwara.

Wondo ahakana ibi birego, ariko kimwe na benshi mu bareganwa na we, yasabiwe urwo gupfa.

Mu cyumweru gishize, abunganira leta muri uru rubanza basabye indishyi ya miliyoni 250$ zo gusana ibyangijwe n’igitero cy’aba bantu.

Umuryango w’umusivile witwa Kevin Tamba bivugwa ko yishwe n’abakoze iki gitero bamuhagaritse mu muhanda, wasabye indishyi z’akababaro za miliyoni eshanu z’amadorari ya Amerika, naho umupfakazi we asaba indishyi za miliyoni 20$ amugenewe, umwana wabo, n’umwana wabo utaravuka.

Uruhande rw’abaregwa rwanenze igihano cy’urupfu basabiwe, ruvuga ko kirengereye bikabije. Biteganyijwe ko uru ruhande ruzumvwa mu iburanishwa ryo ku wa gatanu.

Muri Werurwe(3) uyu mwaka, leta ya Kinshasa yasubijeho ishyirwa mu bikorwa ry’igihano cy’urupfu, ibyanenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

By Julien B

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi