Umujyi wa Kigali uzashyiraho inzira za bisi gusa, ab’amikoro make bazahabwa inzu

Kajeneri Mugenzi Christian, Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali uherutse gutorerwa gusimbura Prof. Kayihura Muganga Didas, yijeje ko mu myaka itanu ya Manda nshya iri imbere, hazaba hagiyeho inzira zahariwe imodoka zitwara abagenzi gusa.

Umubyigano w’ibinyabiziga cyane cyane mu masaha abakozi baba bajya cyangwa bava mu kazi ni kimwe mu bituma abagenzi bakererwa imirimo hamwe no gutaha, kuko bamara igihe kinini ku mirongo, ku byapa no muri gare.

 

Mu gikorwa cy’ihererekanya ry’inyandiko, uwari Umukuru w’Inama Njyanama, Prof. Kayihura Muganga Didas yanabwiye mugenzi we umusimbuye ko hari inzu zirimo kubakwa mu Cyahafi zigomba guhabwa imiryango igera kuri 688 ifite amikoro make.

Iyo miryango yasenyewe kubera ibiza kuva mu mwaka ushize wa 2023, irizezwa ko izahabwa izo nzu mbere y’uko uyu mwaka wa 2024 urangira.

Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali iherutse gutorwa ivuga ko muri iyi myaka itanu iri imbere izakora imishinga irambye igamije gufasha abawutuye kutawuvamo bajya gutura mu nkengero.

 

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Ubuyobozi Bukuru bw’Urwego w’lgihugu rw’ltangazamakuru(RBA) bwahaye ikaze Butera Sandrine Isheja, Umuyobozi Mukuru Wungirije, uherutse gushyirwa kuri uyu mwanya n’Inama y’Abaminisitiri, bumwizeza imikoranire inoze mu nshingano nshya.

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?