{"id":3665,"date":"2026-05-14T18:17:37","date_gmt":"2026-05-14T18:17:37","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3665"},"modified":"2026-05-14T18:17:38","modified_gmt":"2026-05-14T18:17:38","slug":"afurika-ntigomba-gutegereza-abibwira-ko-bafite-isi-nijuru-mu-biganza-byabo-perezida-kagame","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2026\/05\/14\/afurika-ntigomba-gutegereza-abibwira-ko-bafite-isi-nijuru-mu-biganza-byabo-perezida-kagame\/","title":{"rendered":"Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n\u2019ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko Afurika ikeneye kubaka iterambere ryayo ishingiye ku mahirwe menshi irusha indi migabane aho gutega amaboko abanyembaraga \u2018bayisahura umutungo kamere\u2019.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yabitangaje ubwo yaganiraga n\u2019Umunyamakuru wa Jeunne Afrique, imbere y\u2019Abayobozi barimo n\u2019Abakuru b\u2019Ibihugu bya Afurika bitabiriye Inama ngarukamwaka yiswe Africa CEO Forum, iteraniye i Kigali muri iki cyumweru.<\/p>\n\n\n\n<p>Africa CEO Forum y\u2019uyu mwaka yitabiriwe na bamwe mu Bakuru b\u2019ibihugu bya Afurika barimo Paul Kagame w\u2019u Rwanda, Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria, Mohamed Ghazouani wa Mauritania, Brice Oligui Nguema wa Gabon, Mamadi Doumbouya wa Guinea, Daniel Chapo wa Mozambique, ndetse na Faure &nbsp;Gnassingb\u00e9 wa Togo .<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"609\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Africa-CEO-Forum-1024x609.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3667\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Africa-CEO-Forum-1024x609.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Africa-CEO-Forum-300x178.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Africa-CEO-Forum-768x457.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Africa-CEO-Forum-1536x914.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Africa-CEO-Forum.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Iri huriro ryateguwe na Leta y\u2019u Rwanda ku bufatanye n\u2019Ikinyamakuru mpuzamahanga Jeune Afrique Media Group hamwe n\u2019Umuryango mpuzamahanga ushinzwe iby\u2019Imari IFC, rikaba ryitabiriwe kandi na Minisitiri w\u2019Intebe wa C\u00f4te d&#8217;Ivoire, Robert Mamb\u00e9 n\u2019uwa Guinea&nbsp;witwa Amadou Bah, ndetse n\u2019abayobozi barenga 2,800 b\u2019ibigo by\u2019ubucuruzi bikorera mu bihugu 90 byo hirya no hino ku isi.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yasabye aba bashyitsi bose kubyaza umusaruro umutungo uri muri Afurika batarinze gutega amaboko abanyembaraga bo ku yindi migabane kuko ngo nta kindi bakora usibye gusahura.<\/p>\n\n\n\n<p>Avuga ko Afurika ari igicumbi cy\u2019ingufu zisubira, amabuye y\u2019agaciro ndetse n\u2019umubare munini w\u2019abaturage bakiri bato bashoboye gukora, bikaba ngo bishobora guhindura ishusho y\u2019uyu mugabane mu gihe gito cyane.<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu yagize ati \u201cAfurika ihora ikeneye byose hirya no hino nyamara dufite ibintu hafi ya byose, urebye ibijyanye n\u2019ingufu zidahumanya ikirere, uyu mugabane ni igicumbi cy\u2019ingufu zikomoka ku zuba zingana na 60% &nbsp;by\u2019zikoreshwa ku isi), wareba ku mabuye y\u2019agaciro ashakishwa cyane, amenshi ari kuri uyu mugabane akaba ashobora kuvamo za baterries n\u2019ibindi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cAbanyembaraga batandukanye barimo kurwanira uyu mutungo mu gihe Afurika yo icecetse kandi barimo kuyambura umwinshi muri uyu mutungo wayo, urebe kandi ibijyanye n\u2019abakozi, Afurika ifite abahagije, ndetse mu myaka mike iri imbere uyu mugabane uzaba ari uwa mbere mu kugira abantu benshi bari mu cyiciro cy\u2019abafite ubukungu buciriritse.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Akomeza agira ati \u201cNi gute twagira umutungo ungana utya hanyuma\u2026ubu rero turi hano twibaza ngo ni gute twakwivana mu bibazo bimwe na bimwe byatewe n\u2019izi politiki z\u2019uturere ziri hose, dukeneye gushyira hamwe kugira ngo tugire icyo tubikoraho, hari byinshi Afurika yakwikorera ikagera ku rwego ikwiye kuba iriho itarinze guhanga amaso abatekereza ko bafite isi n\u2019ijuru mu biganza byabo.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Umukuru w\u2019Igihugu avuga ko iri hungabana ry\u2019ubukungu ririmo kugaragara hose ku isi ari ikintu gikwiye gukangura abatuye umugabane wa Afurika, aho kugira ngo kigaragare gusa nk\u2019aho ari ibyago abantu bahuye na byo.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"701\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Perezida-Kagame-nUmunyamakuru-wa-Jeune-Afrique-1024x701.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3668\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Perezida-Kagame-nUmunyamakuru-wa-Jeune-Afrique-1024x701.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Perezida-Kagame-nUmunyamakuru-wa-Jeune-Afrique-300x205.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Perezida-Kagame-nUmunyamakuru-wa-Jeune-Afrique-768x526.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Perezida-Kagame-nUmunyamakuru-wa-Jeune-Afrique-1536x1052.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/05\/Perezida-Kagame-nUmunyamakuru-wa-Jeune-Afrique.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Perezida Kagame n&#8217;Umunyamakuru wa Jeune Afrique<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Umunyamakuru wa Jeune Afrique yakomeje abaza Perezida Kagame icyo u Rwanda rurimo gukora nyuma y\u2019uko amahanga avuze ko yarufatiye ibihano, amusubiza ko ibyo bihano byagakwiye guhanishwa abasahura Afurika kurusha abandi, ari bo ibyo bihugu bikomeye.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko Afurika ikeneye kubaka iterambere ryayo ishingiye ku mahirwe menshi irusha indi migabane aho gutega amaboko abanyembaraga \u2018bayisahura umutungo kamere\u2019. Perezida Kagame yabitangaje ubwo&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3666,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,3],"tags":[184],"class_list":["post-3665","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-politike","tag-perezida-kagame"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3665","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3665"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3665\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3669,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3665\/revisions\/3669"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3666"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3665"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3665"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3665"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}