{"id":3647,"date":"2026-04-22T20:20:24","date_gmt":"2026-04-22T20:20:24","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3647"},"modified":"2026-04-22T20:20:27","modified_gmt":"2026-04-22T20:20:27","slug":"kongera-ibinyabiziga-byamashanyarazi-bijyane-no-kongera-sitasiyo-zibisharija-psf","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2026\/04\/22\/kongera-ibinyabiziga-byamashanyarazi-bijyane-no-kongera-sitasiyo-zibisharija-psf\/","title":{"rendered":"Kongera ibinyabiziga by&#8217;amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF"},"content":{"rendered":"\n<p>Ishami ry&#8217;Urugaga rw&#8217;Abikorera(PSF) rishinzwe ubwikorezi bw&#8217;ibitumizwa n&#8217;ibyoherezwa mu mahanga, rivuga ko imodoka na moto z&#8217;amashanyarazi Leta isaba abantu kugura zihari ku bwinshi, ariko mu gihe yasabye abantu kuba ari zo bibandaho, hakenewe kongera umubare wa sitasiyo zizisharija.<\/p>\n\n\n\n<p>Minisiteri y\u2019Ibikorwa Remezo mu Rwanda (MININFRA), yategetse abagura ibinyabiziga kwibanda ku bitwarwa n\u2019amashanyarazi, mu gihe ibikomoka kuri peterori bitangiye kubura hirya no hino ku isi bitewe n\u2019intambara ihanganishije Iran na Amerika.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibaruwa yanditswe na Minisiteri y\u2019Ibikorwa remezo MININFRA ku itariki 14 Mata 2026, ivuga ko kuva icyo gihe abagura ibinyabiziga bose (by\u2019ubwihariko ibigo bya Leta) bategetswe ko nibura 30% y\u2019ibinyabiziga byaguzwe bigomba kuba ari ibitwarwa n\u2019amashanyarazi gusa.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyi baruwa igira iti \u201cMu rwego rwo kugendera mu cyerekezo cya Leta cyo kugabanya ikoreshwa ry\u2019ibikomoka kuri peterori no kugera ku ntego za gahunda ya NDC (yo kugabanya irekurwa ry\u2019imyuka yangiza ikirere) cyane cyane mu bijyanye no gutwara abantu n\u2019ibintu, musabwe kugura imodoka zose binyuze mu itangwa ry\u2019amasoko ya Leta ateza imbere uburyo burambye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>MININFRA ivuga ko abagura ibinyabiziga biri mu mubare w\u2019ibiharwe udashobora kubona ijanisha rya 30%, cyangwa mu gihe babonye ibinyabiziga bizagurwa ari bike, icya mbere basabwa kwitwararika mu kugura ari ukwita ku bitwarwa n\u2019amashanyarazi.<\/p>\n\n\n\n<p>Itangazo rigasoza rivuga ko ikigo cyose &nbsp;kizanyuranya n\u2019iki cyemezo kigashaka kujya munsi ya 30% &nbsp;y\u2019umubare w\u2019ibinyabiziga bitwarwa n\u2019amashanyarazi, kizasabwa kwisobanura mu buryo bukomeye kandi icyo cyemezo ngo kizafatwa na Minisiteri y\u2019Ibikorwa Remezo.<\/p>\n\n\n\n<p>3Dtv yaganiriye na Abdul Ndarubogoye, umuyobozi w\u2019abikorezi batumiza ibintu mu mahanga mu Rugaga rw\u2019Abikorera PSF, avuga ko imodoka zikoresha amashanyarazi gusa zihari ku bwinshi, ariko ko &nbsp;mu gihe abantu bazigura vuba vuba ari benshi mu Rwanda bashobora guhura n\u2019imbogamizi yo kutabona aho bazisharija.<\/p>\n\n\n\n<p>Ndarubogoye yagize ati \u201cMu Rwanda no mu mahanga imodoka zitwarwa n\u2019amashanyarazi ku rugero rwa 100% zirahari ku bwinshi, &nbsp;ahubwo ikibazo dufite hano mu Rwanda ni uko hataraboneka uburyo bw\u2019aho zigomba gusharijwa, haracyari hake cyane amasitasiyo yazo aracyari make, kandi n\u2019aho ari ni mu mijyi gusa, mu ntara usanga zitariyo!\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ndarubogoye avuga ko imodoka zitwarwa n\u2019amashanyarazi icyo zirusha izitwarwa na mazutu cyangwa lisansi ari uko zo zigenda ibirometero byinshi cyane zitarongera gusubira gusharijwa, akaba ari yo mahirwe abantu bafite mu gihe batarabona sitasiyo zihagije.<\/p>\n\n\n\n<p>Ndarubogoye avuga ko hari imodoka zifite ubushobozi bwo kugenda ibirometero 600-700 zitarongera gusubira ku muriro, ku buryo ngo ishobora kurenza icyumweru itagiye kuri sharijeri.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ishami ry&#8217;Urugaga rw&#8217;Abikorera(PSF) rishinzwe ubwikorezi bw&#8217;ibitumizwa n&#8217;ibyoherezwa mu mahanga, rivuga ko imodoka na moto z&#8217;amashanyarazi Leta isaba abantu kugura zihari ku bwinshi, ariko mu gihe yasabye abantu kuba ari zo&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3648,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,8,76,10,29],"tags":[],"class_list":["post-3647","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-imibereho","category-incamake","category-ubucuruzi","category-ubukungu"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3647","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3647"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3647\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3650,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3647\/revisions\/3650"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3648"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3647"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3647"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3647"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}