{"id":3572,"date":"2026-03-25T19:18:25","date_gmt":"2026-03-25T19:18:25","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3572"},"modified":"2026-03-25T20:09:37","modified_gmt":"2026-03-25T20:09:37","slug":"u-rwanda-ntirutoteza-amadini-perezida-kagame","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2026\/03\/25\/u-rwanda-ntirutoteza-amadini-perezida-kagame\/","title":{"rendered":"U Rwanda ntirutoteza amadini-Perezida Kagame"},"content":{"rendered":"\n<p>Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko kuba insengero nyinshi zarafunzwe hirya no hino mu Gihugu, atari ugutoteza amadini, &nbsp;ahubwo ko Leta irimo kurwanya abashinga insengero bagamije kwambura abaturage.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yabisobanuye mu busabane bwo gusoza igisibo ngarukamwaka cya Ramathan yagiranye n\u2019abayoboke b\u2019idini rya Islam mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026. &nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p>Umuryango w\u2019aba Islam mu Rwanda wahuye na Perezida Kagame, umushimira kuba mu myaka irenga 30 ishize yarawufashije by\u2019umwihariko kwiyubaka no gukira ivangura rishingiye ku idini, kuko ngo bitwaga abaswayire.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame na we yasobanuye ikibazo amaze igihe yumva cy\u2019uko u Rwanda ngo rutoteza amadini, bitewe n\u2019uko kuva muri 2024 Leta yatangiye gufunga insengero zitujuje ibisabwa, ndetse hakaba n\u2019izambuwe ubuzima gatozi ku buryo zitazongera gukorera mu Gihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu nsengero zirenga ibihumbi 14 zari mu Rwanda kugera muri 2024, izirenga ibihumbi 9 zarafunzwe ndetse kugeza ubu inyinshi zikaba zitarafungurwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame avuga ko Leta irimo kuvugurura imikorere y\u2019inzego zitandukanye, atari mu madini gusa cyangwa muri Islam honyine, ahubwo ari ukugira ngo buri rwego rukore ibyo ruvuga ko rushinzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu byo idini cyangwa itorero rishinzwe, nk\u2019uko Umukuru w\u2019Igihugu abisobanura, ni ugufasha abantu kugira imibereho myiza aho kubambura utwabo bigamije gukiza abantu bamwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame agira ati \u201cAmadini n\u2019amatorero akwiye kubanza agakora neza ibikwiye kuba bikorwa, usanga umuntu yihishe inyuma y\u2019idini agashyiraho ikintu kigamije inyungu ze no kwambura abandi, ibyo (gufunga &nbsp;urwo rusengero rero) bitandukanye no gutoteza amadini.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame avuga ko idini riba rishinzwe kwigisha abaturage no kubegera rikabafasha, rigashyiraho uburyo bwo guteza imbere uburezi, ubuzima n\u2019ibindi, ariko we ngo yasanze mu madini n\u2019amatorero mu Rwanda harimo ubwambuzi.<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cTwe ni yo mpamvu twashyizeho uburyo nka Leta, turavuga tuti \u2018ubundi hari ibikwiye kuba bikurikizwa, wawundi ushinga idini mu gitondo rikirirwa risahura amanywa yose, byagera nimugoroba ukabura aho ririgitiye, hari bake babyumvise nabi batangira kuvuga ko u Rwanda rutoteza amadini n\u2019amatorero, (ariko twebwe) akazi kacu, imyumvire yacu, politike yacu, ni ugushyira ibintu mu buryo bukwiye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Mufti w\u2019u Rwanda, akaba ari we muyobozi w\u2019Aba-Islam mu gihugu, Shehe \u00a0Sindayigaya Musa, yagejeje ku Mukuru w&#8217;Igihugu imishinga minini bafite, avuga ko izagendera ku cyerekezo 2050 ndetse na gahunda y&#8217;imyaka itanu ya Guverinoma(NST2).<\/p>\n\n\n\n<p>Sheikh Sindayigaya avuga ko bagiye kubaka hafi y&#8217;amahoteli akomeye mu Rwanda umusigiti w&#8217;icyitegererezo uzajya usengerwamo n&#8217;aba-islam bavuye hirya no hino ku isi, ndetse n&#8217;icyicaro gikuru cy&#8217;Umuryango w&#8217;Aba-Islam mu Rwanda. <\/p>\n\n\n\n<p>Avuga ko icyo cyicaro kizaba kirimo ivuriro, inyubako y&#8217;ubucuruzi, icyumba mberabyombi, icyanya cy&#8217;imikino n&#8217;imyidagaduro, ndetse na pariki y&#8217;imodoka zigera ku 1000, akaba ashimira Perezida Kagame kuba yarabemereye ubufasha muri uwo mushinga.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yijeje Aba-Islam ko ubwo bufasha azabutanga bitarenze uyu mwaka wa 2026, ku buryo ngo azongera guhura na bo batamwishyuza ahubwo ko ari we uzababaza umusaruro w&#8217;ibyo yabahaye.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"661\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-1024x661.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3574\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-1024x661.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-300x194.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-768x496.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-1536x992.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-3-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3575\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-3-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-3-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-3-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-3-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda-3.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda2-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3576\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda2-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda2-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda2-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda2-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Aba-Islam-Rwanda2.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko kuba insengero nyinshi zarafunzwe hirya no hino mu Gihugu, atari ugutoteza amadini, &nbsp;ahubwo ko Leta irimo kurwanya abashinga insengero bagamije kwambura abaturage. Perezida&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3577,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,8,3],"tags":[],"class_list":["post-3572","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-imibereho","category-politike"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3572","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3572"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3572\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3580,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3572\/revisions\/3580"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3577"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3572"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3572"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3572"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}