{"id":3562,"date":"2026-03-24T19:44:56","date_gmt":"2026-03-24T19:44:56","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3562"},"modified":"2026-03-24T19:53:37","modified_gmt":"2026-03-24T19:53:37","slug":"u-rwanda-nu-bwongereza-barimo-gushakisha-ahaturuka-igishoro-cyo-gukonjesha-ibiribwa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2026\/03\/24\/u-rwanda-nu-bwongereza-barimo-gushakisha-ahaturuka-igishoro-cyo-gukonjesha-ibiribwa\/","title":{"rendered":"U Rwanda n&#8217;u Bwongereza barimo gushakisha ahaturuka\u00a0igishoro cyo gukonjesha ibiribwa"},"content":{"rendered":"\n<p>Abakozi ba Leta y&#8217;u Rwanda hamwe n&#8217;ab&#8217;u Bwongereza bavuga ko barimo gushakisha abafatanyabikorwa babafasha&nbsp;kubona&nbsp;igishoro cyo&nbsp;guteza imbere gahunda yo gukumira iyangirika ry&#8217;umusaruro w&#8217;ubuhinzi hifashishijwe firigo zirekura imyuka itangiza akayunguruzo k&#8217;izuba.<\/p>\n\n\n\n<p>Inama ibera&nbsp;i Kigali mu kigo nyafurika giteza imbere ikonjesha n\u2019uruhererekane rwaryo (ACES), ibaye nyuma y&#8217;uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, hamwe na Minisitiri w&#8217;Intebe, Dr Justin Nsengiyumva banenze iyi gahunda bavuga ko itarimo gutanga umusaruro.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/ACES-CEO-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3564\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/ACES-CEO-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/ACES-CEO-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/ACES-CEO-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/ACES-CEO-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/ACES-CEO-2048x1366.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Umuyobozi Nshingwabikorwa wa ACES<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Kuri uyu wa mbere, Perezida Kagame yabajije abitabiriye umwiherero w&#8217;abayobozi b&#8217;inzego zegerejwe abaturage hamwe n&#8217;inzego nkuru z&#8217;Igihugu, impamvu umusaruro w&#8217;ubuhinzi ukirimo kwangirika bitewe no kudakonjeshwa, nyamara harashyizweho gahunda yo gukemura iki kibazo.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yabajije Minisitiri w\u2019Intebe, Dr Justin Nsengiymva ati &#8220;Ibijyanye no gukonjesha&nbsp;(umusaruro), ikibazo cyabaye ikihe?&#8221; Minisitiri w&#8217;Intebe yasubije avuga ko iki kibazo &nbsp;cyatangiye kuvugwa kuva kera, ndetse Leta yashoye menshi mu kugura imashini zikonjesha ariko ntizikore, \u201cubu hakaba hari imashini nyinshi ziri ahantu hamwe zimaze nk&#8217;umwaka zidakora.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame yamusabye ko hashakwa abantu babibazwa kandi bakaba bagomba kubizira, nyuma y\u2019uko Minisitiri w\u2019Intebe avuze ko iki kibazo cyabazwa Ikigo cy\u2019Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n\u2019ubworozi(NAEB).<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Kagame ati &#8220;Ntabwo bizarangirira bityo, aho&nbsp;ibintu byangirika bagahunika hariya gusa, muze gukoresha inzego zibishinzwe, ndashaka kumenya uwo dukwiye kubibaza, ndabishaka vuba, vuba, vuba!&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Bukeye bwaho ku wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2026, Minisitiri w&#8217;Ibidukikije, Dr Bernadette Arakwiye, yatangije&nbsp;ibiganiro by&#8217;iminsi ibiri,&nbsp;byahurije hamwe abakozi b&#8217;inzego za Leta y&#8217;u Rwanda n&#8217;u Bwongereza, abikorera n&#8217;imiryango mpuzamahanga ishinzwe kubungabunga ibidukikije n\u2019ikirere&nbsp;by\u2019umwihariko, avuga ko hazashakwa ibikoresho bikonjesha ariko bitangiza ikirere.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Min-Dr-Bernadette-Arakwiye-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3565\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Min-Dr-Bernadette-Arakwiye-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Min-Dr-Bernadette-Arakwiye-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Min-Dr-Bernadette-Arakwiye-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Min-Dr-Bernadette-Arakwiye-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Min-Dr-Bernadette-Arakwiye.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Min Dr Bernadette Arakwiye<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Dr Arakwiye yagize ati &#8220;Turimo kuganira ku buryo twareba andi mahirwe ahari twakwifashisha mu kugura ibyuma bikora neza, byegereye umuhinzi aho umusaruro uva tuwujyana ku isoko, twibaza tuti \u2018ese byava he, ese ni&nbsp;uruhe rukare rwa Leta, ni uruhe ruhare rw&#8217;abafatanyabikorwa baba igihugu cy&#8217;u Bwongereza, UNEP n&#8217;abandi, ndetse n\u2019uruhare rw&#8217;abikorera.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Dr Arakwiye akomeza agira ati &#8220;Twasanze tugomba kubibonera igisubizo kitatujyana mu nzira ndende, hahandi wicara ugakora umushinga uyu munsi ariko ukazabona amafaranga nyuma y&#8217;imyaka itanu.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Nshingwabikorwa w\u2019Ikigo nyafurika gishinzwe ibyo gukonjesha&nbsp;ACES (Africa Centre of Excellence for Sustainable Cooling and Cold-Chain), Toby Peters, avuga ko icyifuzo cy\u2019Umukuru w&#8217;Igihugu kigomba gukurikizwa, aho na we&nbsp;asaba abafatanyabikorwa kwihutisha&nbsp;gahunda yo gukonjesha.<\/p>\n\n\n\n<p>Toby yagize ati &#8220;Icyo turimo gukora uyu munsi ni ukwishyira hamwe turi abakorera inzego z&#8217;imari, inzego z\u2019abikorera, inzego za Leta, abashinzwe uburezi, itsinda ryose muri rusange turibaza ngo \u2018ni gute twakemura iki kibazo uyu munsi tudategereje imyaka itandatu cyangwa ikindi gihe cya kera!&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Umukozi wa Leta y&#8217;u Bwongereza uyobora guhunda yo guhangana n&#8217;imihindagurikire y&#8217;ibihe muri Afurika y&#8217;Iburasirazuba,&nbsp; Gwilyn Jones, avuga ko barimo gushaka abafatanyabikorwa bavuye mu nzego z&#8217;abikorera, zaba izo&nbsp;mu gihugu cyangwa mpuzamaganga, nyuma yo kubona ko igishoro cyatangwaga&nbsp;n&#8217;imiryango mpuzamahanga ishinzwe ibidukikije nka GCF na GEF kigenda kigabanuka.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikigo ACES kigaragaza ko gaz zisanzwe zikoreshwa muri za frigo no mu byuma byitwa air conditioner bikonjesha mu nzu, zoherezwaga mu kirere zikangiza akayunguruzo k&#8217;izuba, bigatera isi gushyuha no kwibasirwa n\u2019imihindagurikire y\u2019ibihe, aho imvura isigaye igwa ifite ubukana bwinshi cyangwa ikabura mu gihe yari ikenewe.<\/p>\n\n\n\n<p>Kwangirika kw&#8217;akayunguruzo k\u2019izuba kitwa Ozone bitewe na gaz zitwa HFCs ziva mu byuma bikonjesha bivugwaho kandi gutera abantu indwara z\u2019ibyorezo nka kanseri y\u2019uruhu, kuko ako kayunguruzo kaba katagishoboye gakumira ubukana bw\u2019imwe mu mirasire ikaze cyane.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikigo ACES kirimo gutoza abantu gukoresha frigo zifite izindi gaz nka HCs, Ammonia na CO<sub>2<\/sub>\u00a0zo zidatera isi gushyuha no kwangirika kw\u2019akayunguruzo k\u2019izuba, ariko na zo iyo zidafunzwe neza, uretse gutuma igikoresho kidakora, ngo zishobora guteza inkongi mu nzu, ndetse zigatuma umwuka uhumekwa ubura bikaba byateza ingaruka ikomeye ku bantu bari ahantu hafunganye.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/The-Conference-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3566\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/The-Conference-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/The-Conference-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/The-Conference-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/The-Conference-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/The-Conference.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Participant-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3567\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Participant-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Participant-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Participant-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Participant-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Participant.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Monique-Nsanzabaganwa-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3568\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Monique-Nsanzabaganwa-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Monique-Nsanzabaganwa-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Monique-Nsanzabaganwa-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Monique-Nsanzabaganwa-1536x1025.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/03\/Monique-Nsanzabaganwa.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Monique Nsanzabaganwa<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Abakozi ba Leta y&#8217;u Rwanda hamwe n&#8217;ab&#8217;u Bwongereza bavuga ko barimo gushakisha abafatanyabikorwa babafasha&nbsp;kubona&nbsp;igishoro cyo&nbsp;guteza imbere gahunda yo gukumira iyangirika ry&#8217;umusaruro w&#8217;ubuhinzi hifashishijwe firigo zirekura imyuka itangiza akayunguruzo k&#8217;izuba. Inama&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3563,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,15,18],"tags":[],"class_list":["post-3562","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-ibidukikije","category-imihindagurikire-yibihe"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3562","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3562"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3562\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3571,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3562\/revisions\/3571"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3563"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3562"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3562"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3562"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}