{"id":3354,"date":"2026-01-24T17:13:19","date_gmt":"2026-01-24T17:13:19","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3354"},"modified":"2026-01-24T17:13:20","modified_gmt":"2026-01-24T17:13:20","slug":"amato-nindege-byintambara-byasatiriye-iran-ingendo-muri-ako-gace-zahagaze","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2026\/01\/24\/amato-nindege-byintambara-byasatiriye-iran-ingendo-muri-ako-gace-zahagaze\/","title":{"rendered":"Amato n&#8217;indege by&#8217;intambara byasatiriye Iran, ingendo muri ako gace zahagaze"},"content":{"rendered":"\n<p>Ubwato bw\u2019intambara bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika USS Abraham Lincoln bumaze iminsi buhagaritse gutanga amakuru agaragaza aho buherereye igihe bwari bumaze kwegera Uburasirazuba bwo Hagati, bikaba byateje ubwoba mu&nbsp; buhugu byo muri ako gace cyane cyane Iran ko ishobora gutungurwa.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bishimangirwa na Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump waraye agize ati&nbsp;<em>\u201dDufite ubwato bwinshi bwerekeje hariya (hafi ya Iran). Simbona bukoreshwa ariko turakomeza gucungira hafi Iran.<\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Trump yasobanuye ko ubwato bw\u2019intambara butwara indege ari bwo bwerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati.<\/p>\n\n\n\n<p>Abasesengura iby&#8217;urugendo rw&#8217;ubwato bwa USS Abraham Lincoln (bugenda bushagawe n&#8217;andi mato y&#8217;intambara ndetse n&#8217;uburyo bwo kurinda ikirere) bavuga ko kwihisha kwayo ari uburyo bwo gutegura igitero gitunguranye kuri Iran nk&#8217;uko Venezuela yatunguwe kugera n&#8217;ubwo Perezida w&#8217;icyo gihugu afatwa nta muntu n&#8217;umwe urabutswe.<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse amato y&#8217;Abanyamerika yagiye mu Burasirazuba bwo Hagati, hari n&#8217;indege z&#8217;intambara z&#8217;u Bwongereza, zo mu bwoko bwa Typhoon zagiye muri Qatar gufasha mu ntambara ishobora kwaduka.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"653\" height=\"524\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/01\/Screenshot_20260124-181955.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3356\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/01\/Screenshot_20260124-181955.jpg 653w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2026\/01\/Screenshot_20260124-181955-300x241.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 653px) 100vw, 653px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Tugarutse kuri USS Abraham, twavuga ko yatangiye kugenda yihishije (itaboneka muri Radar) mu buryo buzwi nka \u201cgoing dark&#8221;, ubwo yari igeze mu muhora w&#8217;amazi (d\u00e9troit) witwa Malacca uri hagati ya Indonesia na Malaysia mbere yo kuzamuka inyanja y&#8217;u Buhinde yerekeza mu Burasirazuba bwo Hagati.<\/p>\n\n\n\n<p>Intego ubwo bwato bwari bufite&nbsp; yari iyo kugera aho bwateguriwe gukorera ibikorwa bya gisirikare mu Karere k&#8217;Uburasirazuba bwo Hagati nta muntu n&#8217;umwe mu banzi umenye aho buherereye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ubu bwato butagaragara mu ikoranabuhanga rya radar rishinzwe kugenzura amato mu nyanja, bukaba bushobora gutungurana bukigaragaza buri ku nkengero z&#8217;inyanja hafi y&#8217;ibihugu by&#8217;abanzi ba Amerika igihe cyose bubishakiye.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu mujinya mwinshi, Iran yatangaje ko gihe ubwo bwato bwayigabaho ibitero cyangwa bugatera ikindi gihugu icyo ari cyo cyose mu karere iherereyemo, ifite uburenganzira bwo gukoresha inzira zose mu kwitabara.<\/p>\n\n\n\n<p>Bitewe n&#8217;uyu mutekano muke uri mu karere&nbsp;&nbsp; k&#8217;Uburasirazuba bwo Hagati, kompanyi z&#8217;indege zitwara abagenzi z&#8217;u Bufaransa n&#8217;u Buholandi zatangaje ko zihagaritse ingendo z&#8217;indege muri ako gace.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubwato bw\u2019intambara bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika USS Abraham Lincoln bumaze iminsi buhagaritse gutanga amakuru agaragaza aho buherereye igihe bwari bumaze kwegera Uburasirazuba bwo Hagati, bikaba byateje ubwoba mu&nbsp;&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3355,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,76,4],"tags":[],"class_list":["post-3354","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-incamake","category-ububanyi-namahanga"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3354","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3354"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3354\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3357,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3354\/revisions\/3357"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3355"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3354"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3354"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3354"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}