{"id":3275,"date":"2026-01-07T15:33:45","date_gmt":"2026-01-07T15:33:45","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3275"},"modified":"2026-01-07T15:33:46","modified_gmt":"2026-01-07T15:33:46","slug":"usa-yafatiye-muri-atlantique-amato-yu-burusiya-atwara-peterori","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2026\/01\/07\/usa-yafatiye-muri-atlantique-amato-yu-burusiya-atwara-peterori\/","title":{"rendered":"USA yafatiye muri Atlantique amato y&#8217;u Burusiya atwara peterori"},"content":{"rendered":"\n<p>Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) zatangaje ko zafatiye mu nyanja ya Atlantique amato y&#8217;u Burusiya atwara peterori iva muri Venezuela, harimo bumwe bwitwa Bella 1 bwari buherekejwe n&#8217;ingabo z&#8217;u Burusiya.<\/p>\n\n\n\n<p>USA ivuga ko ubu bwato bwafashwe nyuma y&#8217;impapuro zo kubuta muri yombi zatangajwe n&#8217;Urukiko rw&#8217;icyo gihugu, bukaba ngo bwari bumaze iminsi bukurikiranwa n&#8217;ingabo za Amerika zishinzwe kurinda inkombe z&#8217;inyanja ya Atlantique.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibikorwa byo gufata ubu bwato bw&#8217;u Burusiya bwitwaga Mariner mbere yo guhindurirwa izina, byakozwe ku bufatanye bwa Minisiteri y&#8217;Ubutabera ya Amerika, Minisiteri y&#8217;Umutekano w&#8217;Imbere mu gihugu y&#8217;u Bwongereza(kuko ngo bwari bwageze hafi yaho i Burayi), babifashijwemo na Minisiteri y&#8217;Ingabo ya USA.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi w&#8217;Ingabo za USA ku mugabane w&#8217;i Burayi yagize ati &#8220;Gufata ubu bwato byakozwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kubuta muri yombi cyafashwe n&#8217;Urukiko rwa Amerika,&#8221; bakaba ngo bari bamaze igihe babubona mu nyanja.<\/p>\n\n\n\n<p>Hashize iminota mike Leta zunze ubumwe za Amerika na bwo zatangaje ko zafatiye mu nyanja ya Caraibe (mu gice cyegereye Venezuela), ubundi bwato bwitwa Sophia butagira ikirango cy&#8217;igihugu (na bwo bikekwa ko ari ubwa Venezuela bwatwaraga peterori y&#8217;u Burusiya.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu gihe Leta y&#8217;u Burusiya ntacyo iratangaza kuri ibi bikorwa byo gufata amato yayo, hari abavuga ko bishobora guhanganisha u Burusiya na Amerika, bitewe n&#8217;uko ngo amazi y&#8217;inyanja ngari atagira igihugu yitirirwa na kimwe.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) zatangaje ko zafatiye mu nyanja ya Atlantique amato y&#8217;u Burusiya atwara peterori iva muri Venezuela, harimo bumwe bwitwa Bella 1 bwari buherekejwe n&#8217;ingabo z&#8217;u Burusiya.&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3276,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,76,4],"tags":[],"class_list":["post-3275","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-incamake","category-ububanyi-namahanga"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3275","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3275"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3275\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3277,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3275\/revisions\/3277"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3276"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3275"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3275"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3275"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}