{"id":3131,"date":"2025-12-18T19:25:34","date_gmt":"2025-12-18T19:25:34","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3131"},"modified":"2025-12-18T20:07:54","modified_gmt":"2025-12-18T20:07:54","slug":"kuki-ababyeyi-benshi-mu-rwanda-batagishaka-kubyara-nisr","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/12\/18\/kuki-ababyeyi-benshi-mu-rwanda-batagishaka-kubyara-nisr\/","title":{"rendered":"Kuki ababyeyi benshi mu Rwanda badashaka kongera kubyara!-NISR"},"content":{"rendered":"\n<p>Ubushakashatsi bwa 7 ku bwiyongere n&#8217;ubuzima by&#8217;abaturage mu Rwanda bwatangajwe n&#8217;Ikigo cy&#8217;Igihugu cy&#8217;Ibarurishamibare(NISR) ku wa Gatatu tariki 17 Ukuboza 2025, bugaragaza ko abagore 47% bafite abagabo batagishaka kubyara, ndetse bakaba baranifungishije, mu gihe abandi 37% na bo bumva badashaka kubyara vuba (nka nyuma y&#8217;imyaka 2 nibura).<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"665\" height=\"625\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251218-170441_1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3133\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251218-170441_1.jpg 665w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251218-170441_1-300x282.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 665px) 100vw, 665px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>NISR yaganiriye n&#8217;abagore bakiri mu gihe cy&#8217;uburumbuke (ni ukuvuga abafite hagati y&#8217;imyaka 15-49 y&#8217;amavuko), ibaza abumva bagishaka kubyara maze 2% aba ari bo bavuga ko batarafata icyemezo niba bateganya kubyara vuba, abandi bangana na 2% bavuga ko batagishoboye kubyara (baciye imbyaro (infecund).<\/p>\n\n\n\n<p>Mu bavuga ko batagishaka kubyara cyangwa babishaka ariko bitari vuba, 64% barimo gusaba servisi zo kuboneza urubyaro, aho abenshi ari abifuza gukoresha uburyo bugezweho bwo kwa muganga (use of any modern method).<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"665\" height=\"684\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251218-170649_1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3134\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251218-170649_1.jpg 665w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251218-170649_1-292x300.jpg 292w\" sizes=\"auto, (max-width: 665px) 100vw, 665px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>KIGALIINFO yaganiriye na bamwe mu babyeyi bafite abagabo, bakaba ari abacuruzi mu masoko yo ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko imibereho y&#8217;ingo zabo irimo kugenda igorana ku buryo batinya ko babura icyo bareresha abana.<\/p>\n\n\n\n<p>Uwitwa Janet Mukashyaka agira ati &#8220;Ubu se wabyara utagira aho ubaraza! Reba bamwe tubura n&#8217;ayo kwishyura ubukode bw&#8217;inzu, turi kuzerera twabuze aho tubaraza, wababyara ukabashyira he n&#8217;ubu bukene n&#8217;ubushomeri!&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Mukashyaka avuga ko amarerero(ECDs) na yo atabafasha ikintu kinini cyane&nbsp; bitewe n&#8217;uko asigarana abana amasaha ane cyangwa atanu gusa ku munsi(kuva saa moya kugera saa sita, bigatuma ababyeyi batabona umwanya munini wo gukorera amafaranga ahagije yatunga urugo.<\/p>\n\n\n\n<p>Uwo bita Mama Deborah avuga ko muri ayo masaha make ababyeyi bakora, batabasha kurenza 1000Frw ku munsi, akaba ari &#8220;amafaranga atabasha no gutunga umuntu umwe muri iki gihe ifaranga ry&#8217;Igihugu rigenda rita agaciro buri munsi.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi ababyeyi barabivuga mu gihe impuzandengo(average) y&#8217;abana buri rugo mu Rwanda rufite igenda igabanuka kuva ku bana 6.1 muri 2005 kugera kuri 3.7 muri 2025, nk&#8217;uko iki cyegeranyo cya Rwanda Demographic and Health Survey(DHS7) gikomeza kibitangaza.<\/p>\n\n\n\n<p>Isesengura ryakozwe na AI(ChatGPT) ku ngaruka zo kwanga kubyara kw&#8217;ababyeyi rivuga ko mu gihe bakomeza iyi myumvire, u Rwanda rwakwisanga mu cyiciro cy\u2019ibihugu bifite igipimo gito cy\u2019uburumbuke bw&#8217;abagore (low fertility rate).<\/p>\n\n\n\n<p>Mu myaka iri imbere byagaragara ko umuvuduko w\u2019ubwiyongere bw\u2019abaturage wagenda ugabanuka, umubare w\u2019abageze mu zabukuru ukaba ari wo waba munini ugereranyije n\u2019uw&#8217;urubyiruko.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi byagira ingaruka ku igabanuka&nbsp; ry\u2019abakozi mu Gihugu, urwego rw\u2019ubwiteganyirize bw\u2019abageze mu zabukuru rugatangira gusabwa amafaranga menshi yo kwita kuri abo basaza n&#8217;abakecuru, isoko ry\u2019umurimo, ubukungu n\u2019imibereho rusange bigatangira guhungabana.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu bindi bihugu nk&#8217;u Buyapani, Koreya y\u2019Epfo, u Budage n&#8217;u Butaliyani, imyaka myinshi yashize ababyeyi babyara bake cyane yatumye abaturage batangira kugabanuka, bigira ingaruka ku bukungu n\u2019umubare w\u2019abakozi uba muto cyane.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi byatumye ibihugu bitangira kuzana abimukira kugira ngo bazibe icyuho cyo kubura abakozi, hakaba haratangiye gushyirwaho politiki zikangurira ababyeyi kubyara ndetse no guteza imbere imirimo n&#8217;ubwishingizi bifasha umuryango kubaho neza.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Mukuru wa NISR, Ivan Murenzi ashimira by&#8217;umwihariko inzego zose zagize uruhare muri ubu bushakashatsi, harimo amashami atandukanye y&#8217;Umuryango w&#8217;Abibumbye akorera mu Rwanda, Banki y&#8217;isi, imiryango y&#8217;abaterankunga irimo Gate Foundation ndetse n&#8217;inzego za Leta.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"572\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211025-1024x572.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3136\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211025-1024x572.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211025-300x168.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211025-768x429.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211025.jpg 1080w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211101-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3135\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211101-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211101-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211101-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/20251218_211101.jpg 1080w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ubushakashatsi bwa 7 ku bwiyongere n&#8217;ubuzima by&#8217;abaturage mu Rwanda bwatangajwe n&#8217;Ikigo cy&#8217;Igihugu cy&#8217;Ibarurishamibare(NISR) ku wa Gatatu tariki 17 Ukuboza 2025, bugaragaza ko abagore 47% bafite abagabo batagishaka kubyara, ndetse bakaba&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3137,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,8,76,3,26],"tags":[],"class_list":["post-3131","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-imibereho","category-incamake","category-politike","category-ubuzima-iyobokamana"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3131","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3131"}],"version-history":[{"count":4,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3131\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3141,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3131\/revisions\/3141"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3137"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3131"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3131"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3131"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}