{"id":3112,"date":"2025-12-10T19:39:50","date_gmt":"2025-12-10T19:39:50","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3112"},"modified":"2025-12-10T19:41:28","modified_gmt":"2025-12-10T19:41:28","slug":"imvura-igiye-kuba-nyinshi-muri-iyi-minsi-10-yo-hagati-mu-kuboza","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/12\/10\/imvura-igiye-kuba-nyinshi-muri-iyi-minsi-10-yo-hagati-mu-kuboza\/","title":{"rendered":"Imvura igiye kuba nyinshi muri iyi minsi 10 yo hagati mu Kuboza"},"content":{"rendered":"\n<p>Mu gice cya kabiri cy\u2019ukwezi k\u2019Ukuboza 2025 (kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi iri hagati ya milimetero(mm) 30 na 130, ikaba iri hejuru y\u2019ikigero cy\u2019impuzandengo y\u2019isanzwe igwa muri iki gice, nk&#8217;uko bigaragara mu iteganyagihe rya Meteo Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Meteo ivuga ko imvura isanzwe igwa muri iki gice cyo hagati mu kwezi k&#8217;Ukuboza iba iri hagati ya milimetero 18 na 85, mu myaka myinshi yatambutse.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyi mvura kandi ngo izagwa mu mu minsi mike ibarirwa hagati y&#8217;itatu (3) n\u2019itandatu (6) bitewe n\u2019imiterere ya buri hantu, ikaba izaturuka ku isangano ry\u2019imiyaga riherereye mu gice cy\u2019amajyaruguru cy\u2019Isi rimanuka rigana mu karere u Rwanda ruherereyemo.<\/p>\n\n\n\n<p>Imvura nyinshi (110\u2013130 mm) iteganyijwe mu Turere twa Nyaruguru ,Nyamagabe, amajyepfo ya Gisagara na Huye, uburasirazuba bwa Rusizi, amajyepfo n\u2019uburasirazuba bya Nyamasheke, amajyepfo ya Karongi, ndetse n&#8217;amajyaruguru ya Musanze na Burera.<\/p>\n\n\n\n<p>Imvura ingana ba 90\u2013110 mm iteganyijwe ahasigaye mu Burengerazuba uretse uburasirazuba bwa Ngororero, ibice bisigaye bya Musanze na Huye, hagati muri Burera na Gisagara, uburengerazuba bwa Nyanza, Ruhango, Muhanga n&#8217;amajyaruguru ya Gakenke.<\/p>\n\n\n\n<p>Imvura iri hagati ya mm 70\u201390 iteganyijwe i Kigali, ahasigaye mu Majyepfo, Uburengerazuba n\u2019Amajyaruguru, uburengerazuba bwa Nyagatare, Gatsibo, Rwamagana, ndetse n&#8217;amajyaruguru n\u2019uburengerazuba bwa Bugesera.<\/p>\n\n\n\n<p>Imvura iri hagati ya mm 50\u201370 iteganyijwe ahasigaye mu Ntara y\u2019Iburasirazuba, mu gihe imvura ingana na 30\u201350 mm iteganyijwe mu Karere ka Kayonza (ahenshi), ndetse n\u2019amajyaruguru ya Kirehe.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ubushyuhe n&#8217;Umuyaga biteganyijwe, kuburira abantu<\/strong><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"665\" height=\"573\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251210-210202_1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3114\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251210-210202_1.jpg 665w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Screenshot_20251210-210202_1-300x258.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 665px) 100vw, 665px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 20 na 30, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 10 na 18.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na 12 ku isegonda uteganyijwe mu bice bitandukanye by\u2019Igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p>Kugira ngo hirindwe ingaruka z\u2019umuyaga mwinshi uteganyijwe, METEO RWANDA irasaba abaturage gufata ingamba zo kwirinda, cyane cyane kuzirika ibisenge by&#8217;inzu, kwirinda ingendo mu gihe cy&#8217;umuyaga mwinshi, ndetse no kwirinda kugama munsi y&#8217;ibiti byagwira umuntu cyangwa ikindi kintu kidakomeye.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu gice cya kabiri cy\u2019ukwezi k\u2019Ukuboza 2025 (kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi iri hagati ya milimetero(mm) 30 na 130, ikaba iri hejuru&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3113,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,15,17,18,76],"tags":[],"class_list":["post-3112","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-ibidukikije","category-ikirere","category-imihindagurikire-yibihe","category-incamake"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3112","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3112"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3112\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3115,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3112\/revisions\/3115"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3113"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3112"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3112"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3112"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}