{"id":3086,"date":"2025-12-04T20:26:17","date_gmt":"2025-12-04T20:26:17","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3086"},"modified":"2025-12-04T20:30:53","modified_gmt":"2025-12-04T20:30:53","slug":"perezida-kagame-na-tshisekedi-basinyiye-guhana-amahoro-imbere-ya-trump","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/12\/04\/perezida-kagame-na-tshisekedi-basinyiye-guhana-amahoro-imbere-ya-trump\/","title":{"rendered":"Perezida Kagame na Tshisekedi basinyiye guhana amahoro imbere ya Trump"},"content":{"rendered":"\n<p>Imbere ya Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, abakuru b&#8217;ibihugu bya Congo n&#8217;u Rwanda bamaze gushyira umukono ku masezerano yo guhana amahoro hagati y&#8217;ibihugu byombi.<\/p>\n\n\n\n<p>U Rwanda ruvuga ko umutwe wa FDLR, ushinjwa kuba ugizwe n&#8217;abasize bakoze Jenoside, uba muri Congo kandi ukaba ufashwa na Leta y&#8217;icyo gihugu guhungabanya umutekano w&#8217;u Rwanda, mu gihe Congo na yo ivuga ko umutwe wa AFC\/M23 uyirwanya ubifashijwemo n&#8217;u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida Trump avuga ko uyu munsi ari uw&#8217;amateka ku Rwanda na Congo nyuma y&#8217;imyaka 30 y&#8217;intambara ngo zahitanye miliyoni 10 z&#8217;abaturage.<\/p>\n\n\n\n<p>Trump akaba yasabye ko abarwanyi bose batari aba Leta bagomba kwamburwa intwaro bagashyirwa mu buzima busanzwe, amabuye y&#8217;agaciro ya Congo&nbsp; agatangira gucuruzwa hirya no hino ku isi kandi agateza imbere ibihugu byose byo mu karere.<\/p>\n\n\n\n<p>Aya masezerano yashyizweho umukono imbere y&#8217;abandi bakuru b&#8217;ibihugu bya Angola, u Burundi, Kenya, Visi Perezida wa Uganda, Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe ndetse n&#8217;abaminisitiri b&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga barimo uwa Qatar(na yo yagize uruhare mu buhuza).<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-embed is-type-video is-provider-youtube wp-block-embed-youtube wp-embed-aspect-16-9 wp-has-aspect-ratio\"><div class=\"wp-block-embed__wrapper\">\n<iframe loading=\"lazy\" title=\"Perezida Kagame na Tshisekedi basinyiye guhana amahoro\" width=\"500\" height=\"281\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/NN8lfAe2d70?feature=oembed\" frameborder=\"0\" allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture; web-share\" referrerpolicy=\"strict-origin-when-cross-origin\" allowfullscreen><\/iframe>\n<\/div><\/figure>\n\n\n\n<p>Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye isinywa ry&#8217;aya masezerano, avuga ko hari benshi bagerageje kurangiza intambara zimaze imyaka 30 ariko bikanga, agashimira Perezida Trump kuba abigezeho bitewe n&#8217;uko nta ruhande yafashe(yahagaze hagati).<\/p>\n\n\n\n<p>Ati &#8220;Mu gihe aya masezerano yakwanga gushyirwa mu bikorwa ntabwo byakwitirirwa Perezida Trump ahubwo byajya kuri twe, Abanyafurika.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, F\u00e9lix Antoine Tshisekedi, ashima ko gufasha imitwe irwanya ibihugu bigize aka Karere k&#8217;ibiyaga bigari bishyizweho iherezo hakaba hatangiye igihe gishya cy&#8217;umubano mwiza n&#8217;ubufatanye.<\/p>\n\n\n\n<p>Abakuru b&#8217;ibihugu bya Angola, Kenya n&#8217;u Burundi na bo bafashe ijambo bavuga ko hari icyizere cy&#8217;uko intambara zimaze imyaka 30 zishyizweho iherezo, amahoro akaba agiye kuganza mu Karere ndetse akazakurikirwa n&#8217;iterambere.<\/p>\n\n\n\n<p>Perezida wa Angola akaba yagize umwihariko ashyiraho w&#8217;uko amahoro agiye kubaho muri Congo, azafasha iterambere ririmo iryo kubaka urugomero rw&#8217;amashanyarazi rwa Inga rushobora gucanira Afurika yose.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu gushyira umukono ku masezerano, Perezida Trump yari yicaye ku ruhande, Perezida Kagame hagati, Perezida Tshisekedi ku rundi ruhande, barangije bifotoje Perezida Trump abari hagati.<\/p>\n\n\n\n<p>Umunyamakuru yabajije Trump igihe cyo gushyira mu bikorwa aya masezerano, avuga ko ari igitangaza gikomeye kizakoreka vuba bishoboka mu mezi cyangwa imyaka mike iri imbere.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Imbere ya Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, abakuru b&#8217;ibihugu bya Congo n&#8217;u Rwanda bamaze gushyira umukono ku masezerano yo guhana amahoro hagati y&#8217;ibihugu byombi. U Rwanda&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3087,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,76,3,4,10,29,5],"tags":[],"class_list":["post-3086","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-incamake","category-politike","category-ububanyi-namahanga","category-ubucuruzi","category-ubukungu","category-umutekano"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3086","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3086"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3086\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3091,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3086\/revisions\/3091"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3087"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3086"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3086"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3086"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}