{"id":3079,"date":"2025-12-04T12:48:41","date_gmt":"2025-12-04T12:48:41","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=3079"},"modified":"2025-12-04T12:51:23","modified_gmt":"2025-12-04T12:51:23","slug":"umuturage-uhembwa-munsi-yibihumbi-100frw-arasabwa-ruswa-yibihumbi-269frw-transparency","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/12\/04\/umuturage-uhembwa-munsi-yibihumbi-100frw-arasabwa-ruswa-yibihumbi-269frw-transparency\/","title":{"rendered":"Umuturage uhembwa munsi y\u2019ibihumbi 100Frw arasabwa ruswa y\u2019ibihumbi 269Frw-Transparency"},"content":{"rendered":"\n<p>Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n\u2019akarengane, ishami ry\u2019u Rwanda (Transparency International-Rwanda), uratabariza Abaturarwanda barenga 71% bahembwa umushahara uri munsi y\u2019ibihumbi 100 ku kwezi, ariko bagasabwa ruswa ihanitse itari munsi y\u2019ibihumbi 269Frw.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi bikubiye mu gipimo cya ruswa mu Rwanda cyiswe \u2018Rwanda Bribery Index (RBI)\u2019 2025, cyatangajwe na Transparency kuri uyu wa Gatatu, aho Umuyobozi nshingwabikorwa w\u2019uyu muryango, Apollinaire Mupiganyi, asaba inzego gufata ingamba zidasanzwe.<\/p>\n\n\n\n<p>Agira ati \u201cAbasaba ruswa barabizi ko ari icyaha gihanwa bikomeye, ni yo mpamvu iyo ayisabye asaba amafaranga atubutse, impuzandengo y\u2019ayo buri muntu asaba ni ibihumbi 269Frw nibura, n\u2019ubwo abenshi mu Rwanda bahembwa umushahara uri munsi y\u2019ibihumbi 100Frw. Urumva ko bigoye kugira ngo bashobore kwigondera igiciro cya ruswa irimo gusabwa.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Ibyo Urwego rw\u2019Umuvunyi rwishimira n\u2019ibyo runenga<\/strong><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"720\" height=\"675\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Ruswa-yakwa-mu-nzego-uko-ingana-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3082\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Ruswa-yakwa-mu-nzego-uko-ingana-1.jpg 720w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Ruswa-yakwa-mu-nzego-uko-ingana-1-300x281.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 720px) 100vw, 720px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\"><strong>Ruswa yakwa mu nzego uko ingana <\/strong><\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Amakuru ari muri Rwanda Bribery Index yishimirwa n\u2019Urwego rw\u2019Umuvunyi mu Rwanda (rushinzwe kurwanya ruswa n\u2019akarengane), ni uko abaturage bavuga ko itangwa rya ruswa ryagabanutseho 4%.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyi nyigo ivuga ko muri 2023 ruswa yatangwaga kuri serivisi za Leta n\u2019iz\u2019abikorera mu Rwanda yari kuri 18%, ubu ikaba igeze kuri 14% imanuka, ndetse ngo abaturage bangana na 98% bemera ko bashobora kubona serivisi mu nzego zitandukanye nta ruswa batanze.<\/p>\n\n\n\n<p>Ruswa iravugwa cyane mu nzego z\u2019abikorera, iz\u2019ubutabera hamwe n\u2019iz\u2019ibanze, mu gihe izitangirwamo serivisi ikenerwa cyane nka Polisi, REG, RURA na WASAC, ruswa ngo irimo kugenda igabanuka bitewe n\u2019abantu batanga amakuru mu ibanga.<\/p>\n\n\n\n<p>Transparency International ikavuga ko muri serivisi ziganjemo ruswa mu Rwanda, iziza ku mwanya wa mbere ari izijyanye n\u2019ubutaka ku kigero cya 21% cyane cyane muri za \u2018One Stop Centers\u2019 z\u2019uturere aho ikigero kizamuka kikagera kuri 30%.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuvunyi Mukuru aranenga by\u2019umwihariko imitangire y\u2019imyenda (amadeni) mu mabanki, aho umuntu ajya gusaba inguzanyo bakamwaka ruswa kandi ari amafaranga azishyura hiyongereyeho inyungu.<\/p>\n\n\n\n<p>Nirere Madeleine agira ati \u201cKomite zo kurwanya ruswa mu mabanki n\u2019ahandi zigomba gukora, izo komite ziri mu nzego za Leta no mu bikorera, hakarebwa itangwa ry\u2019amasoko no muri cyamunara kuko hari abo byahaye umusaruro utemewe, ugasanga umuntu yaguze inzu n\u2019undi ufitanye isano n\u2019umukozi wa banki cyangwa se uwo yarangiye.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Akomeza agira ati \u201cUsanga umuntu afite inzu cyangwa indi mitungo myinshi yaguze muri cyamunara, ariko amakuru aba yayahawe n\u2019umukozi wa banki. Ni ikibazo gikomeye tuganiraho n\u2019inzego z\u2019abikorera\u201d kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda, Mupiganyi, yibutsa ko icyaha cya ruswa kidasaza, aho uwaba afite umutungo kabone n\u2019ubwo haba hashize igihe kinini, Leta ngo ishobora kuwufatira ndetse nyirawo agahanishwa igifungo kuva ku myaka 5 kugera kuri 7.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuryango Transparency International Rwanda wasubije amaso inyuma kuri RBI yo muri 2022 kuri ruswa, uyigereranya n\u2019iyi yo muri 2025, usanga ruswa mu Rwanda yaragabanutse ku kigero uvuga ko gishimishije cyane cya 15%, kuko ibipimo byavuye kuri 29% ubu bikaba bigeze kuri 14%.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"719\" height=\"964\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Ruswa-yakwa-mu-nzego-uko-ingana-3.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-3084\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Ruswa-yakwa-mu-nzego-uko-ingana-3.jpg 719w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/12\/Ruswa-yakwa-mu-nzego-uko-ingana-3-224x300.jpg 224w\" sizes=\"auto, (max-width: 719px) 100vw, 719px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Ruswa yakwa mu nzego uko ingana<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n\u2019akarengane, ishami ry\u2019u Rwanda (Transparency International-Rwanda), uratabariza Abaturarwanda barenga 71% bahembwa umushahara uri munsi y\u2019ibihumbi 100 ku kwezi, ariko bagasabwa ruswa ihanitse itari munsi y\u2019ibihumbi 269Frw.&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":3080,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,9,8,76,29,6],"tags":[],"class_list":["post-3079","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-imari","category-imibereho","category-incamake","category-ubukungu","category-ubutabera"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3079","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3079"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3079\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":3085,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3079\/revisions\/3085"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/3080"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3079"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3079"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3079"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}