{"id":2909,"date":"2025-10-09T12:36:37","date_gmt":"2025-10-09T12:36:37","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=2909"},"modified":"2025-10-09T12:36:38","modified_gmt":"2025-10-09T12:36:38","slug":"polisi-yafunze-mupenzi-imufatanye-amaburo-afunga-intsinga-zamashanyarazi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/10\/09\/polisi-yafunze-mupenzi-imufatanye-amaburo-afunga-intsinga-zamashanyarazi\/","title":{"rendered":"Polisi yafunze Mupenzi imufatanye amaburo afunga intsinga z&#8217;amashanyarazi"},"content":{"rendered":"\n<p>Polisi y&#8217;u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko yafunze uwitwa Sabato Mupenzi w&#8217;imyaka 27 y&#8217;amavuko kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ukwakira 2025, akaba yari atwaye ku igare imifuka ibiri irimo amaburo manini afatisha itsinga z&#8217;amashanyarazi ku mapironi no kuri transfo.<\/p>\n\n\n\n<p>Polisi ivuga ko Mupenzi yafatiwe mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Ndera, Akagari ka Mukuyu mu Mudugudu wa Kigabiro, ku bufatanye bw\u2019inzego z\u2019umutekano n\u2019abaturage batanze amakuru bavuga ko bamubonye akora ibyo bikorwa byo kwangiza ibikorwaremezo by\u2019amashanyarazi<\/p>\n\n\n\n<p>Polisi ivuga ko Mupenzi agifatwa yatangaje ko yari avuye mu Murenge wa Bumbogo ajyanye ayo maburo mu Murenge wa Rusororo, akaba ngo yari yitwaje na za supana (zikoreshwa mu kuyafungura) hamwe n&#8217;umuhoro.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali,<br>Chief Inspector of Police (CIP), Wellars Gahonzire, avuga ko kwiba no kwangiza ibikorwaremezo by&#8217;amashanyarazi bitera ibura ry&#8217;umuriro bigakurura ikibazo cy&#8217;umutekano muke.<\/p>\n\n\n\n<p>CIP Gahonzire yagize ati &#8220;N&#8217;ubwo hari ibyo yari amaze kwiba, ariko iyo adafatwa yari kuzakomeza guteza ibyo bibazo bya hato na hato by&#8217;ibura ry&#8217;umuriro kubera amapiloni yangije, Leta ikajya ihora igaruka gusana.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"960\" height=\"723\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0012.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2912\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0012.jpg 960w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0012-300x226.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0012-768x578.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 960px) 100vw, 960px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Polisi ishimira abaturage bakomeje kubahiriza inshingano zabo zo kurinda ibikorwaremezo by&#8217;amashanyarazi kwangizwa, kuko bihagarika imirimo y&#8217;iterambere bikanateza umutekano muke, ndetse bigateza Leta igihombo.<\/p>\n\n\n\n<p>Polisi y\u2019u Rwanda ivuga ko ibikorwa byo gufata abajura bangiza ibikorwaremezo by&#8217;amashanyarazi bikomeje kugira ngo bafatwe baryozwe ibyo baba bakoze, igasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku bantu bazwiho kwiba no kwangiza ibyo bikoresho bya Leta.<\/p>\n\n\n\n<p>Ingingo ya 14 y\u2019amabwiriza agenga ubucuruzi bw\u2019ibikoresho by\u2019amashanyarazi n\u2019iby\u2019ikoranabuhanga byakoreshejwe ivuga ko mbere yo kugura ibikoresho by\u2019amashanyarazi cyangwa iby\u2019ikoranabuhanga byakoreshejwe, ucuruza agomba kubanza kugenzura ko ubigurisha ari we nyirabyo wemewe n\u2019amategeko.<\/p>\n\n\n\n<p>Ucuruza agomba kandi kwandika umwirondoro w\u2019umuntu ugurisha ugaragaza amazina, kopi y\u2019indangamuntu, pasiporo cyangwa icyemezo cy\u2019iyandikwa ry\u2019ubucuruzi, aho atuye, inomero ya telefone na aderesi y\u2019ubutumwa koranabuhanga(email) iyo ihari.<\/p>\n\n\n\n<p>Ingingo ya 182 y&#8217;Itegeko riteganya ibyaha n\u2019ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw\u2019inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw\u2019amazi n\u2019inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by\u2019itumanaho cyangwa by\u2019ingufu z\u2019amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"461\" height=\"1024\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0013-461x1024.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2913\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0013-461x1024.jpg 461w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0013-135x300.jpg 135w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/IMG-20251009-WA0013.jpg 468w\" sizes=\"auto, (max-width: 461px) 100vw, 461px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Iyo abihamijwe n\u2019urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y\u2019imyaka 3 ariko kitarenze imyaka 5 n\u2019ihazabu y\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenze miliyoni 5.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Polisi y&#8217;u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko yafunze uwitwa Sabato Mupenzi w&#8217;imyaka 27 y&#8217;amavuko kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ukwakira 2025, akaba yari atwaye ku igare&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":2911,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,76,5],"tags":[],"class_list":["post-2909","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-incamake","category-umutekano"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2909","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2909"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2909\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2914,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2909\/revisions\/2914"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2911"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2909"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2909"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2909"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}