{"id":2894,"date":"2025-10-09T05:20:04","date_gmt":"2025-10-09T05:20:04","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=2894"},"modified":"2025-10-09T05:20:05","modified_gmt":"2025-10-09T05:20:05","slug":"abifuza-gukonjesha-ibintu-barimo-kujya-kubyigira-mu-rubirizi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/10\/09\/abifuza-gukonjesha-ibintu-barimo-kujya-kubyigira-mu-rubirizi\/","title":{"rendered":"Abifuza gukonjesha ibintu barimo kujya kubyigira mu Rubirizi"},"content":{"rendered":"\n<p>Ikigo nyafurika giteza imbere ikonjesha n&#8217;uruhererekane rwaryo (ACES) ku bufatanye na Guverinoma y&#8217;u Rwanda, bagiye kumara icyumweru bamurikira abafatanyabikorwa batandukanye uburyo bwo gukonjesha buzafasha u Rwanda gukumira iyangirika ry&#8217;umusaruro w&#8217;ubuhinzi, inkingo n&#8217;intanga. <\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Nshingwabikorwa wa ACES (Africa Centre of Excellence for Sustainable Cooling and Cold-Chain), Toby Peters, avuga ko ibijyanye no gukonjesha mu Rwanda abantu batabiha agaciro kuko bataramenya akamaro kabyo mu buzima bwa buri munsi.<\/p>\n\n\n\n<p>Peters avuga ko gukonjesha binasaba ubumenyi buhambaye kugira ngo bikorwe neza, binakumire ibyago biterwa n\u2019imyuka ikonjesha, akaba ari yo mpamvu bateguye icyumweru cy\u2019imurikabikorwa kuva tariki 06-10 Ukwakira 2025.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"576\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Abayobozi-muri-ACES-1.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2897\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Abayobozi-muri-ACES-1.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Abayobozi-muri-ACES-1-300x169.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Abayobozi-muri-ACES-1-768x432.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Abayobozi muri ACES<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"576\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Habayeho-nibiganiro-byahuje-abafata-ibyemezo-ku-rwego-rwa-Afurika.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2901\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Habayeho-nibiganiro-byahuje-abafata-ibyemezo-ku-rwego-rwa-Afurika.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Habayeho-nibiganiro-byahuje-abafata-ibyemezo-ku-rwego-rwa-Afurika-300x169.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Habayeho-nibiganiro-byahuje-abafata-ibyemezo-ku-rwego-rwa-Afurika-768x432.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Mukuru wungirije Ubuhinzi mu Kigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n\u2019Ubworozi(RAB), Dr Solange Uwamahoro, avuga ko gahunda ya ACES igiye gufasha u Rwanda n\u2019Abanyarwanda muri rusange kwitabira gukonjesha umusaruro ukomoka ku buhinzi n\u2019ubworozi wangirikaga, bigateza igihombo kirenga 13% y\u2019ibyasaruwe.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"768\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibyumba-bikonjesha-byigishirizwaho-abashobora-gukonjesha-ibintu-byinshi-1024x768.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2898\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibyumba-bikonjesha-byigishirizwaho-abashobora-gukonjesha-ibintu-byinshi-1024x768.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibyumba-bikonjesha-byigishirizwaho-abashobora-gukonjesha-ibintu-byinshi-300x225.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibyumba-bikonjesha-byigishirizwaho-abashobora-gukonjesha-ibintu-byinshi-768x576.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibyumba-bikonjesha-byigishirizwaho-abashobora-gukonjesha-ibintu-byinshi.jpg 1040w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Ibyumba bikonjesha byigishirizwaho abashobora gukonjesha ibintu byinshi<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Dr Uwamahoro agira ati \u201cTuracyafite urugendo rurerure rwo kubungabunga umusaruro twabonye mu buhinzi, cyane cyane imboga n\u2019imbuto bigomba guhora bitohagiye(fresh) buri gihe, ikoranabuganga twabonye aha rije ari igisubizo kirambye kizafasha mu kugabanya iyangirika ry\u2019umusauro, nk\u2019uko bigaragara muri gahunda ya Guverinoma y\u2019imyaka itanu hamwe n\u2019iy\u2019ivugururabuhinzi yitwa PSTA5.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Ati \u201cNdavuga (gukonjesha) imboga n\u2019imbuto ariko si byo byonyine, kuko hari n\u2019ibikomoka ku matungo nk\u2019inyama, amafi n\u2019ibindi bigomba kugera ku muguzi bigifite ubuziranenge.\u201d<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"768\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-gutwara-ibintu-mu-modoka-zikonjesha-1024x768.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2899\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-gutwara-ibintu-mu-modoka-zikonjesha-1024x768.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-gutwara-ibintu-mu-modoka-zikonjesha-300x225.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-gutwara-ibintu-mu-modoka-zikonjesha-768x576.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-gutwara-ibintu-mu-modoka-zikonjesha.jpg 1040w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Biga gutwara ibintu mu modoka zikonjesha<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Uretse gukonjesha umusaruro w\u2019ubuhinzi, u Rwanda ngo rubonye n\u2019uburyo bwo kubika neza inkingo n\u2019intanga, kuko bisaba kuba ahantu hakonje kugira ngo bigumane ubuziranenge.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikigo ACES kigaragaza ko gaz zari zisanzwe zikoreshwa muri za frigo no mu byuma byitwa air conditioner bikonjesha mu nzu, zoherezwaga mu kirere zigatera isi gushyuha no kwibasirwa n\u2019imihindagurikire y\u2019ibihe, aho imvura isigaye igwana ubukana bwinshi cyangwa ikabura mu gihe yari ikenewe.<\/p>\n\n\n\n<p>Izi gaz zitwa CHFCs ngo ziragenda zikangiza akayunguruzo k\u2019izuba kitwa Ozone, bigateza abantu indwara z\u2019ibyorezo nka kanseri y\u2019uruhu, kuko ako kayunguruzo kaba katagishoboye gakumira ubukana bw\u2019imwe mu mirasire ikaze cyane.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikigo ACES kirimo gutoza abantu gukoresha izindi gaz nka HCs, Ammonia na CO<sub>2<\/sub> zidatera isi gushyuha no kwangirika kw\u2019akayunguruzo k\u2019izuba, ariko na zo iyo zidafunzwe neza, uretse gutuma igikoresho kidakora, ngo zishobora guteza inkongi mu nzu irimo frigo, ndetse zigatuma umwuka uhumekwa ubura bikaba byateza ingaruka ikomeye ku bantu bari ahantu hafunganye.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi rero bisaba kujya kuri ACES kubyiga nk\u2019uko bamwe mu bahinzi, abikorezi, abacuruzi n\u2019abanyenganda bakora ku musaruro w\u2019ubuhinzi n\u2019ubworozi bakomeje kujya mu Rubirizi aho icyo kigo gikorera.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"768\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-uburyo-bwo-gufunga-neza-gaz-zikonjesha-kugira-ngo-zidateza-ibizabo-1024x768.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2900\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-uburyo-bwo-gufunga-neza-gaz-zikonjesha-kugira-ngo-zidateza-ibizabo-1024x768.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-uburyo-bwo-gufunga-neza-gaz-zikonjesha-kugira-ngo-zidateza-ibizabo-300x225.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-uburyo-bwo-gufunga-neza-gaz-zikonjesha-kugira-ngo-zidateza-ibizabo-768x576.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Biga-uburyo-bwo-gufunga-neza-gaz-zikonjesha-kugira-ngo-zidateza-ibizabo.jpg 1040w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Biga uburyo bwo gufunga neza gaz zikonjesha kugira ngo zidateza ibizabo<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Abikorera basanze kuri ACES abacuruzi b\u2019ibikoresho bitandukanye bikoreshwa mu gukonjesha, ndetse bakaba barimo kuhamenyera n\u2019uburyo bikora bwabirinda kwangirika no kuba byateza impanuka.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"768\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Mu-Rubirizi-barahigira-gukora-ibiribwa-bikonje-birimo-ice-cream-1024x768.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2902\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Mu-Rubirizi-barahigira-gukora-ibiribwa-bikonje-birimo-ice-cream-1024x768.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Mu-Rubirizi-barahigira-gukora-ibiribwa-bikonje-birimo-ice-cream-300x225.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Mu-Rubirizi-barahigira-gukora-ibiribwa-bikonje-birimo-ice-cream-768x576.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Mu-Rubirizi-barahigira-gukora-ibiribwa-bikonje-birimo-ice-cream.jpg 1040w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Mu Rubirizi barahigira gukora ibiribwa bikonje birimo ice cream<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikigo nyafurika giteza imbere ikonjesha n&#8217;uruhererekane rwaryo (ACES) ku bufatanye na Guverinoma y&#8217;u Rwanda, bagiye kumara icyumweru bamurikira abafatanyabikorwa batandukanye uburyo bwo gukonjesha buzafasha u Rwanda gukumira iyangirika ry&#8217;umusaruro w&#8217;ubuhinzi,&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":2895,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,15,17,18,76,7],"tags":[],"class_list":["post-2894","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-ibidukikije","category-ikirere","category-imihindagurikire-yibihe","category-incamake","category-tekinoloji"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2894","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2894"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2894\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2903,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2894\/revisions\/2903"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2895"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2894"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2894"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2894"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}