{"id":2877,"date":"2025-10-06T18:54:53","date_gmt":"2025-10-06T18:54:53","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=2877"},"modified":"2025-10-06T18:54:53","modified_gmt":"2025-10-06T18:54:53","slug":"ni-hehe-hagaragara-umwuka-wanduye-mu-rwanda-hateza-ikihe-kibazo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/10\/06\/ni-hehe-hagaragara-umwuka-wanduye-mu-rwanda-hateza-ikihe-kibazo\/","title":{"rendered":"Ni hehe hagaragara umwuka wanduye mu Rwanda, hateza ikihe kibazo?"},"content":{"rendered":"\n<p>Ikigo cy&#8217;Igihugu gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije REMA, hamwe na Minisiteri y&#8217;Ubuzima (MINISANTE) bisaba Abaturarwanda gushyigikira gahunda yo gusukura umwuka abantu bahumeka, kuko biri mu byakumira impfu zituruka ku ndwara, cyane cyane izitandura. <\/p>\n\n\n\n<p>Hakizimana Pie Celestin umuhanga mu bijyanye n&#8217;ubuziranenge bw\u2019umwuka muri REMA, avuga ko ibice bijya bigaragaramo umwuka wanduye mu Gihugu ari ibituwe cyane bibamo inganda n&#8217;imihanda y&#8217;igitaka inyurwamo n&#8217;imodoka zitumura umukungugu, ndetse n\u2019uduce tubamo ibikoni by\u2019abantu bacana inkwi cyangwa aho batwitse ibindi bintu.<\/p>\n\n\n\n<p>Ahandi umwuka utajya uba mwiza buri gihe, ni mu duce tugizwe n&#8217;imihanda n&#8217;ubwo iba ari kaburimbo ariko hanyura ibinyabiziga byinshi bikoresha ingufu nyinshi za moteri mu guhaguruka cyangwa kugenda ahantu haterera, ndetse n&#8217;ahakorerwa imirimo myinshi irimo ububabiji no gusudira, cyane cyane mu dukiriro.<\/p>\n\n\n\n<p>Ibi byose ngo byohereza mu mwuka uhumekwa utuvungukira duto cyane tw\u2019imyanda(imyotsi) tujya mu miyoboro y\u2019ubuhumekero no mu y\u2019amaraso, tukayifunga cyangwa tukayikomeretsa ku buryo biviramo abantu uburwayi bukomeye.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"779\" height=\"536\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibice-byu-Rwanda-bifite-umwuka-wanduye-saa-19h-ku-itariki-06-Ukwakira-2025.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2878\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibice-byu-Rwanda-bifite-umwuka-wanduye-saa-19h-ku-itariki-06-Ukwakira-2025.jpg 779w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibice-byu-Rwanda-bifite-umwuka-wanduye-saa-19h-ku-itariki-06-Ukwakira-2025-300x206.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Ibice-byu-Rwanda-bifite-umwuka-wanduye-saa-19h-ku-itariki-06-Ukwakira-2025-768x528.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 779px) 100vw, 779px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Ibice by&#8217;u Rwanda bifite umwuka wanduye saa 19h ku itariki 06 Ukwakira 2025<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p><em>Ikoresheje ikarita y\u2019ubuziranenge bw\u2019umwuka, REMA ivuga ko ibipimo by\u2019ubucucike bw\u2019umukungugu n\u2019imyotsi biri munsi y\u2019umubare 50 birangwa n\u2019ibara ry\u2019icyatsi kibisi nta kibazo biteje ku buzima bw\u2019abantu, ariko iyo byatangiye kuba umuhondo kugera ku mubare wa 100, abantu bafite intege nke z\u2019umubiri basabwa kutaguma aho hantu igihe kinini cyane.<\/em><\/p>\n\n\n\n<p><em>Ibipimo iyo bigize ibara ry\u2019ironji(orange) abarwayi ba asthma, sinusitis n\u2019ibicurane basabwa kwambara udupfukamunwa kuko baba bashobora kugerwaho n\u2019ingaruka, bakarushaho kuremba iyo ibipimo byazanye ibara ry\u2019umutuku rirengeje umubare 100, kuko byo bigira ingaruka &nbsp;no ku badafite ikibazo cy\u2019intege nke z\u2019umubiri.<\/em><\/p>\n\n\n\n<p>Mu ndwara zituruka ku guhumeka umwuka wanduye harimo kanseri y\u2019ibihaha, indwara z\u2019umutima, izifata ubwonko, ubuhumyi cyangwa ishaza mu maso, kubyara abana batagejeje igihe cyo kuvuka cyangwa batujuje ibiro ndetse hakaba n\u2019abapfira mu nda, nk\u2019uko bisobanurwa na Minisiteri y\u2019Ubuzima hamwe n\u2019Ishami ry\u2019Umuryango w\u2019Abibumye ryita ku buzima (OMS).<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi mu Kigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) ushinzwe kurwanya indwara zitandura, Dr Francois Uwinkindi, avuga ko aba mbere bibasirwa mu buryo bwihuse n\u2019ihumana ry\u2019umwuka ari abafite intege nke z\u2019umubiri nk\u2019abarwayi, abakuze, abana hamwe n\u2019ababyeyi batwite.<\/p>\n\n\n\n<p>Dr Uwinkindi agira ati \u201cUyu mwotsi w\u2019imodoka cyangwa uva mu byo batwitse, iyo uwuhumetse ugaca mu myanya y\u2019ubuhumekero, ikintu cya mbere ukora ni ukongera ibyago by\u2019indwara nka asthma, ibicurane na za sinusites zidakira, kuko aho uwo mwotsi wagiye uca urahangiza, ukahazibya, ukahatera udusebe(inflammation) kuko haba hatagikora neza, noneho iyo bitinze cyane hatangira kuza izindi ndwara nka kanseri y\u2019ibihaha.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Dr Uwinkindi avuga ko nta nyigo zihariye zirakorwa mu Rwanda kugira ngo hagaragazwe uburyo ihumana ry\u2019umwuka ririmo guteza ibibazo ku buzima bw\u2019abantu, ariko inyigo zituruka ahandi ngo zikomeje kubyerekana.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Umubyeyi wakuyemo inda 4 akeka ko byatewe n\u2019umwuka wanduye<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p>Umubyeyi twahisemo kwita Veneranda Mukamuganga, utuye ku Kicukiro hafi y\u2019ahitwa kuri Ziniya, avuga ko yakuyemo inda 4 ubwo yakoraga mu gakiriro hafi y\u2019umuhanda, aho yahumekaga imyotsi y\u2019ibinyabiziga hamwe n\u2019imyanda iva ku byo akora birimo no gucana imbabura akoresheje ibisigazwa bya matelas(imifariso).<\/p>\n\n\n\n<p>Inda ya kane ni yo yaje kuvukamo umwana muzima witwa Mugisha bitewe n\u2019uko igihe yari amutwite ngo atajyaga mu kazi, ariko eshatu za mbere hamwe n\u2019iya gatanu, abana bavukaga bapfuye, ndetse ngo hari mugenzi we bakoranye we wakuyemo inda zirindwi.<\/p>\n\n\n\n<p><strong>Urutonde rw\u2019ibihumanya n\u2019uburyo bikurikirana rugomba gukorwa<\/strong><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"626\" height=\"313\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Imodoka-nyinshi-nimyotsi.avif\" alt=\"\" class=\"wp-image-2879\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Imodoka-nyinshi-nimyotsi.avif 626w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/Imodoka-nyinshi-nimyotsi-300x150.avif 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 626px) 100vw, 626px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Ikigo REMA kivuga ko kizakora inyigo igaragaza ibintu byose bihumanya umwuka mu Rwanda n\u2019ikigero buri kintu kibangamiyeho ubuzima bw\u2019abantu, ariko ikidashidikanywaho mu bya mbere akaba ari ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri peterori, nk\u2019uko raporo yakozwe mu gihe hari irushanwa mpuzamahanga ry\u2019amagare ibigaragaza.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera yabwiye itangazamakuru ko ubupimiro 10 bwashyizwe ahantu hatandukanye muri Kigali bwagaragaje ko umwuka wari mwiza mu gihe imodoka zahagarikwaga ubwo irushanwa ry\u2019amagare ryabaga, ariko ubu umwuka ngo wongeye guhumana kuko ibinyabiziga birimo kugenda ari nyinshi.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/DG-Juliet-Kabera-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2880\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/DG-Juliet-Kabera-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/DG-Juliet-Kabera-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/DG-Juliet-Kabera-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/DG-Juliet-Kabera-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/DG-Juliet-Kabera-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\"><strong>DG REMA Juliet Kabera<\/strong><\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>Imibare y\u2019agateganyo yatangajwe muri 2023 n\u2019Ikigo cy\u2019Imisoro n\u2019Amahoro kuko ari cyo gitanga ibyapa by\u2019ibinyabiziga(plaque), yerekanye ko icyo gihe hari imodoka zirenga ibihumbi 330 mu gihe moto zikoresha lisansi zarengaga ibihumbi 177.<\/p>\n\n\n\n<p>Ikigo REMA kivuga ko ibi binyabiziga bikoresha lisansi na mazutu bigomba gusimbuzwa ibikoresha amashanyarazi, ariko mu gihe bitaracika burundu abantu ngo bagomba kumenyera kugenda n\u2019amaguru, kunyonga amagare, kwirinda ingendo z\u2019imodoka zitari ngombwa cyane, gutega bisi no kwitabira gusuzumisha ibinyabiziga ku gihe.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REJ-Members-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2881\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REJ-Members-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REJ-Members-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REJ-Members-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REJ-Members-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REJ-Members-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Abanyamakuru bagize REJ kuri REMA<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p><strong>Hakenewe inkuru nyinshi zicukumbura siyansi n\u2019ibidukikije by\u2019umwihariko<\/strong><\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"683\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REMAs-Presentation-1024x683.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2882\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REMAs-Presentation-1024x683.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REMAs-Presentation-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REMAs-Presentation-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REMAs-Presentation-1536x1024.jpg 1536w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/10\/REMAs-Presentation-2048x1365.jpg 2048w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><figcaption class=\"wp-element-caption\">Imwe mu mishinga y&#8217;ibidukikije REMA iteza imbere<\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p>REMA yeretse Abanyamakuru imwe mu mishinga u Rwanda rufite igomba gusobanurirwa abaturage kugira ngo bagire uruhare mu kiyishyira mu bikorwa, hagamijwe kuzaraga abana n\u2019abuzukuru igihugu kitarangwamo isuri, gituwe n\u2019abahumeka umwuka mwiza ndetse no kuba umwaka wa 2050 uzagera nta byuka bitera isi gushyuha u Rwanda rwohereza mu kirere.<\/p>\n\n\n\n<p>Umuyobozi Mukuru wa REMA akaba asaba ubufatanye n\u2019abanyamakuru bakora ku bidukikije (REJ) mu gukora inkuru zicukumbuye, zituma abantu bafata ingamba zo kubungabunga ibidukikije mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p>Abanyamakuru bagize REJ basuye REMA mu rwego rwo gushimangira amahugurwa bahawe na FOJO Institute, ku bijyanye no gukora itangazamakuru rishingiye kuri siyansi n\u2019ibarurishamibare.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikigo cy&#8217;Igihugu gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije REMA, hamwe na Minisiteri y&#8217;Ubuzima (MINISANTE) bisaba Abaturarwanda gushyigikira gahunda yo gusukura umwuka abantu bahumeka, kuko biri mu byakumira impfu zituruka ku ndwara, cyane cyane&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":2878,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,15,17,76,26],"tags":[113,111,112],"class_list":["post-2877","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-ibidukikije","category-ikirere","category-incamake","category-ubuzima-iyobokamana","tag-minisante","tag-rema","tag-umwuka-wanduye"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2877","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2877"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2877\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2883,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2877\/revisions\/2883"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2878"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2877"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2877"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2877"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}