{"id":2783,"date":"2025-09-23T05:53:37","date_gmt":"2025-09-23T05:53:37","guid":{"rendered":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/?p=2783"},"modified":"2025-09-23T05:53:38","modified_gmt":"2025-09-23T05:53:38","slug":"amakuru-yurugamba-muri-congo-ni-nde-ufite-nzibira","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/09\/23\/amakuru-yurugamba-muri-congo-ni-nde-ufite-nzibira\/","title":{"rendered":"Amakuru y&#8217;urugamba muri Congo, ni nde ufite Nzibira?"},"content":{"rendered":"\n<p>Iminsi imaze kuba ine mu burasirazuba bwa Congo urugamba ari injyanamuntu, aho muri Territoire za Walikale na Masisi muri Kivu ya Ruguru, hamwe na Walungu muri Kivu y&#8217;Epfo abaturage nta kurya nta kuryama mu ngo zabo.<\/p>\n\n\n\n<p>Intambara ihanganishije AFC\/M23 n&#8217;igisirikare cya Congo(FARDC) gifashijwe na Wazalendo, Ingabo z&#8217;u Burundi na FDLR yongeye kurota nyuma y&#8217;uko indege za FARDC zirashe kuri AFC\/M23 ahitwa Bibwe, Hembe na Chyatso muri teritwari za Masisi na Walikale ku wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025.<\/p>\n\n\n\n<p>Umutwe wa AFC\/M23 watangaje ko drone za CH4 hamwe na Sukhoi-25 bya FARDC byarashe ku baturage mu duce dutuwe cyane, kubera iyo mpamvu AFC\/M23 ikaba yariyemeje &#8216;kurwana ku baturage, irwanyiriza umwanzi kuva aho yateye aturuka(Uvira ni ho hashyirwa mu majwi).&#8217;<\/p>\n\n\n\n<p>Ibitangazamakuru bitandukanye birimo na mpuzamahanga bivuga ko Umujyi muto witwa Nzibira muri Teritwari ya Walungu ku birometero 18 uvuye i Bukavu wamaze kujya mu maboko y&#8217;Umutwe wa AFC\/M23, ariko haracyarimo urujijo.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"720\" height=\"881\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/09\/Screenshot_20250923-072803.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-2785\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/09\/Screenshot_20250923-072803.jpg 720w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/09\/Screenshot_20250923-072803-245x300.jpg 245w\" sizes=\"auto, (max-width: 720px) 100vw, 720px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Urujijo ruhari ni uko ku mbuga nkoranyambaga Ihuriro ry&#8217;imitwe ya Wazalendo rifatanya na FARDC rikomeje kwerekana ko ari ryo rifite umujyi wa Nzibira, aho abayobozi baryo bifashe video bari ku biro bya Polisi by&#8217;uwo mujyi.<\/p>\n\n\n\n<p>Abazi neza aho uwo mujyi wa Nzibira uherereye bavuga ko watanga inzira nziza yo kwerekeza muri Uvira kwa AFC\/M23, nyuma y&#8217;uko hasi mu Kibaya cya Rusizi inzira zaho zikunze kugorana bitewe n&#8217;uko ari hafi y&#8217;umupaka w&#8217;u Burundi.<\/p>\n\n\n\n<p>Intambara zongeye kuba urutavanaho buri munsi, hakaba harimo gukoreshwa intwaro kabuhariwe zirimo indege n&#8217;ikoranabuhanga rigezweho, nyuma y&#8217;uko impande zombi (Leta ya Congo na AFC\/M23) zinaniwe kumvikana ku bigize amasezerano y&#8217;i Doha muri Qatar.<\/p>\n\n\n\n<p>Uretse Nzibira, Mulamba na Nkankina muri Kivu y&#8217;Epfo, amasasu n&#8217;ibisasu bikomeje kuba urutavanaho muri Masisi na Walikale mu bice byegereye Umujyi wa Pinga urimo n&#8217;ikibuga cy&#8217;indege.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Iminsi imaze kuba ine mu burasirazuba bwa Congo urugamba ari injyanamuntu, aho muri Territoire za Walikale na Masisi muri Kivu ya Ruguru, hamwe na Walungu muri Kivu y&#8217;Epfo abaturage nta&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":2784,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[1,2,76],"tags":[102,101],"class_list":["post-2783","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ahabanza","category-amakuru","category-incamake","tag-drc","tag-nzibira"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2783","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2783"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2783\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":2786,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2783\/revisions\/2786"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2784"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2783"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2783"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2783"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}