{"id":2366,"date":"2025-05-29T11:19:21","date_gmt":"2025-05-29T11:19:21","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=2366"},"modified":"2025-05-29T11:19:21","modified_gmt":"2025-05-29T11:19:21","slug":"elon-musk-yavuye-muri-white-house-ariko-avuga-ko-doge-izakomeza","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2025\/05\/29\/elon-musk-yavuye-muri-white-house-ariko-avuga-ko-doge-izakomeza\/","title":{"rendered":"Elon Musk yavuye muri White House ariko avuga ko Doge izakomeza"},"content":{"rendered":"<p><em>Elon Musk yakoreraga muri White House nk&#8221;Umukozi Udasanzwe wa Leta&#8221;<\/em><\/p>\n<p>Elon Musk yatangaje ko avuye mu butegetsi bwa Trump nyuma yo kuyobora ibikorwa byo kugabanya ingano ya leta ya Amerika n&#8217;ibyo ikoresha, ibyatumye abantu ibihumbi batakaza imirimo.<\/p>\n<p>Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe X, uyu muntu ukize kurusha abandi ku isi yashimiye Trump ko yamuhaye amahirwe yo kuyobora Department of Government Efficiency, izwi nka Doge.<\/p>\n<p>Amakuru dukesha BBC avuga ko kuva ku wa gatatu nijoro White House \u2013 ibiro bya perezida wa Amerika &#8211; byatangiye ibikorwa byo kuvana Musk muri ako kazi nk&#8217;umukozi udasanzwe wa guverinoma.<\/p>\n<p>Akazi ke kari ak&#8217;igihe runaka kandi kugenda kwe ntabwo gutunguranye, ariko kubaye nyuma y&#8217;umunsi umwe Musk anenze ingengo y&#8217;imari Trump yahaye inteko ishingamategeko.<\/p>\n<p>Musk yanditse kuri X ati: &#8220;Mu gihe igihe cyanjye nk&#8217;Umukozi Udasanzwe wa Leta kirangiye, ndashaka gushimira Perezida @realDonaldTrump ku mahirwe [yampaye] yo kugabanya gusesagura&#8221;.<\/p>\n<p>Musk yongeyeho ko akazi ka Doge kazakomeza kandi ko Doge &#8220;izagenda ihinduka ubuzima muri guverinoma yose&#8221;.<\/p>\n<p>Uyu muherwe uvuka muri Afurika y&#8217;Epfo yahawe akazi nk&#8221;Umukozi Udasanzwe wa Leta&#8217; \u2013 ibimwemerera gukora akazi iminsi 130 buri mwaka.<\/p>\n<p>Uhereye igihe Trump yarahiriye tariki 20 Mutarama, yagombaga kugera kuri iyo minsi muri izi mpera z&#8217;uku kwezi kwa Gicurasi.<\/p>\n<p>Ariko kugenda kwe kuje nyuma y&#8217;umunsi umwe avuze ko aciwe intege n&#8217;umushinga w&#8217;ingengo y&#8217;imari wa Trump, urimo kugabanya tiriyari nyinshi z&#8217;amadorari ku misoro no kuzamura imari ikenewe mu bya gisirikare.<\/p>\n<p>Uyu mugabo ukuriye SpaceX na Tesla yabwiye CBS News ko uwo &#8220;mushinga mwiza, munini&#8221; nk&#8217;uko Trump awita, uzongera ibihombo muri leta.<\/p>\n<p>Musk yavuze kandi ko abona uwo mushinga &#8220;unyuranya n&#8217;akazi&#8221; ka Doge.<\/p>\n<p>Yagize ati: &#8220;Nibaza ko umushinga w&#8217;imari ushobora kuba munini cyangwa mwiza, ariko sintekereza ko waba ibyo byombi&#8221;.<\/p>\n<p>Musk, wagiye ashwana mu muhezo na bamwe mu bakozi bo muri leta ya Trump, mbere yari yizeje ko azagabanya &#8220;nibura tiriyari 2$&#8221; ku ngengo y&#8217;imari ya leta, mbere yo kugabanya iyo ntego akayigeza kuri miliyari 150$.<\/p>\n<p>Ikigereranyo cy&#8217;abakozi 260,000 ku bakozi b&#8217;abasivile miliyoni 2.3 bakorera leta, akazi kabo karahagaritswe cyangwa bemera kukavaho kubera Doge.<\/p>\n<p>Hamwe na hamwe, abacamanza bagiye bahagarika kwirukana abakozi benshi cyangwa bagategeka ko abakozi birukanwe bagarurwa mu mirimo.<\/p>\n<p>Kwirukana abakozi benshi vuba vuba hamwe na hamwe byatumye haba amakosa yo kwibeshya kuri bamwe, barimo n&#8217;abakora muri porogaramu y&#8217;ingufu kirimbuzi ya Amerika.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-2367\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/05\/00036XJ3QP.jpg\" alt=\"\" width=\"480\" height=\"310\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/05\/00036XJ3QP.jpg 480w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2025\/05\/00036XJ3QP-300x194.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 480px) 100vw, 480px\" \/><em>Musk igihe yari amaze akorera muri White House ibikorwa bye by&#8217;ubucuruzi byasubiye inyuma<\/em><\/p>\n<p>Mu kwezi gushize, Musk yatangaje ko azava kuri ako kazi kugira ngo ajye kwita kuri kompanyi ze nanone, hari nyuma y&#8217;uko anenzwe cyane muri gahunda ya Trump yo guhindura ibintu.<\/p>\n<p>Ku wa kabiri Musk yabwiye ikinyamakuru Washington Post ko Doge ari yo ubu bashinja ikintu cyose, ati: &#8220;Ikintu kibi gishobora kuba aho ari ho hose, akaba ari twe bagishyiraho nubwo ntaho twaba duhuriye na cyo&#8221;.<\/p>\n<p>Igihe Musk yamaze muri leta cyahuriranye no kugabanuka gukomeye kw&#8217;ubucuruzi muri kompanyi ye y&#8217;imodoka zikoresha amashanyarazi.<\/p>\n<p>Gucuruza kwa Tesla kwagabanutseho 13% mu mezi atatu ya mbere y&#8217;uyu mwaka, kugabanuka kuruta ukundi kose mu mateka y&#8217;iyi kompanyi.<\/p>\n<p>Imigabane y&#8217;iyi kompanyi kw&#8217;isoko ry&#8217;imigabane na yo yagabanutseho 45% mbere y&#8217;uko yijajara ikagera ku kugabanukaho 10%.<\/p>\n<p>Vuba aha Tesla yaburiye abayishoramo imari ko ibibazo by&#8217;ubukungu bishobora gukomeza, ivuga ko mu bibitera harimo no &#8220;guhindura muri politike&#8221;.<\/p>\n<p>Musk kandi yizeje abashoramari ko igihe aha Doge kigiye kugabanuka maze agaha Tesla umwanya we munini.<\/p>\n<p>Impirimbanyi zagiye zisaba abantu kureka kugura Tesla, zikora imyigaragambyo imbere y&#8217;ahantu henshi ikorera ubucuruzi, kandi bangije aho bene izi modoka bazishyiriramo umuriro.<\/p>\n<p>Ibi bikorwa byo kwibasira Tesla no gusenya ibikorwa remezo byayo byarakomeye henshi muri Amerika kugeza ubwo umushinjacyaha mukuru Pam Bondi aburiye ko ibiro bye bizafata ibi bikorwa &#8220;nk&#8217;iterabwoba ry&#8217;imbere mu gihugu&#8221;.<\/p>\n<p>Musk muri uku kwezi yavuze ko azagabanya inkunga za politike atanga nyuma y&#8217;uko umwaka ushize atanze agera kuri miliyoni 300$ mu gutera inkunga ibikorwa byo kwiyamamaza bya Donald Trump.<\/p>\n<p><em><strong>By Julien B.<\/strong><\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Elon Musk yakoreraga muri White House nk&#8221;Umukozi Udasanzwe wa Leta&#8221; Elon Musk yatangaje ko avuye mu butegetsi bwa Trump nyuma yo kuyobora ibikorwa byo kugabanya ingano ya leta ya Amerika&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":2368,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-2366","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2366","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2366"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2366\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2368"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2366"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2366"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2366"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}