{"id":2055,"date":"2024-10-28T15:16:49","date_gmt":"2024-10-28T15:16:49","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=2055"},"modified":"2024-10-28T15:16:49","modified_gmt":"2024-10-28T15:16:49","slug":"minisante-yatangaje-inkomoko-ya-marburg-imaze-iminsi-yibasiye-u-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/10\/28\/minisante-yatangaje-inkomoko-ya-marburg-imaze-iminsi-yibasiye-u-rwanda\/","title":{"rendered":"Minisante yatangaje inkomoko ya Marburg imaze iminsi yibasiye u Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Minisitiri w\u2019Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko hamenyekanye inkomoko y\u2019icyorezo cya Marburg cyibasiye u Rwanda, aho ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko cyaturutse ku ducurama.<\/p>\n<p>Yasabye Abaturarwanda kutirara mu ducurama ngo batugirire nabi, ahubwo ko igikenewe ari ukwirinda kwegera aho dukunze kuba cyane cyane mu buvumo.<\/p>\n<p>Mu butumwa bwanyuze ku mbuga za Minisiteri y\u2019Ubuzima kuri iki Cyumweru, Dr Nsanzimana yavuze ko ari amakuru meza kuba inkomoko y\u2019iki cyorezo yamenyekanye.<\/p>\n<p>Ati \u201cTwaje kumenya ko iyi virusi yavuye mu nyamaswa by\u2019umwihariko mu ducurama dukunda kurya imbuto, ni ho iyi virusi yaturutse ijya ku murwayi wa mbere. Kubimenya kare birafasha kugira ngo ibyorezo nk\u2019ibi tubashe kubirwanya n\u2019ahandi hose byaba biri.\u201d<\/p>\n<p>Inkuru yatangajwe na IGIHE ivuga ko Dr Sabin Nsanzimana yasabye Abaturarwanda kutagirira nabi uducurama bashingiye ku kuba ari two twavuyeho iyo ndwara, agaragaza ko kutwirinda bishoboka tutagiriwe nabi.<\/p>\n<p>Ati \u201cKurwanya uducurama kwaba ari ukwibeshya kuko utu ducurama ubundi tuba mu buvumo, ntabwo dukunda kuba ahari abantu. Igihe abantu badusanze ni bwo bashobora kwandura. Kutwamagana ntabwo ari wo waba ari umuti wo gukemura ikibazo ndetse bizwi ko tugira n\u2019urundi ruhare rufitiye umumaro ibindi dukora. Nko mu buhinzi tugira uruhare mu kubangurira ibindi bihingwa ku kigero cya 40 %.\u201d<\/p>\n<p>Mu kwezi gushize icyorezo cya Marburg kigaragaye mu Rwanda, abantu 65 ni bo bamaze kucyandura, mu gihe abo cyahitanye ari 15. Ni mu gihe abantu 47 bamaze gukira, naho batatu baracyari kuvurwa.<\/p>\n<p>Imibare ya Minisiteri y\u2019Ubuzima yo kuri iki Cyumweru igaragaza ko abamaze gukingirwa ari 1583.<\/p>\n<p>Minisitiri Nsanzimana yavuze ko kuba hashize iminsi irindwi nta muntu iki cyorezo gihitanye bitanga icyizere ko ingamba zafashwe mu kwita ku barwaye no kurinda abandi kwandura, ziri gutanga umusaruro.<\/p>\n<p>By Jean de Dieu UDAHEMUKA<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w\u2019Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko hamenyekanye inkomoko y\u2019icyorezo cya Marburg cyibasiye u Rwanda, aho ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko cyaturutse ku ducurama. Yasabye Abaturarwanda kutirara mu ducurama ngo batugirire&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":2056,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[26],"tags":[],"class_list":["post-2055","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubuzima-iyobokamana"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2055","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2055"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2055\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2056"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2055"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2055"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2055"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}