{"id":2032,"date":"2024-10-25T09:23:46","date_gmt":"2024-10-25T09:23:46","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=2032"},"modified":"2024-10-25T09:23:46","modified_gmt":"2024-10-25T09:23:46","slug":"ishyaka-riri-ku-butegetsi-muri-mozambique-ryatsinze-amatora-ku-bwiganze","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/10\/25\/ishyaka-riri-ku-butegetsi-muri-mozambique-ryatsinze-amatora-ku-bwiganze\/","title":{"rendered":"Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique ryatsinze amatora ku bwiganze"},"content":{"rendered":"<p><em>Daniel Chapo ni Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1975<\/em><\/p>\n<p>Inkuru ya BBC ivuga y&#8217;uko Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique, FRELIMO, ryatsinze amatora atavugwaho rumwe yaranzwemo urugomo, rikaba rigiye kongera igihe cy&#8217;imyaka 49 rimaze ku butegetsi muri iki gihugu cyo muri Afurika y&#8217;amajyepfo, nkuko ibyavuye mu matora byatangajwe bibigaragaza.<\/p>\n<p>Daniel Chapo, umukandida perezida wa FRELIMO muri rusange utari uzwi, ubonwa nk&#8217;uw&#8217;impinduka, azasimbura Filipe Nyusi, urangije manda ebyiri.<\/p>\n<p>Chapo, w&#8217;imyaka 47, wabonye amajwi 71%, azaba Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge kuri Portugali mu mwaka wa 1975.<\/p>\n<p>Uwamukurikiye bya hafi mu bo bari bahatanye ni Venancio Mondlane, wabonye amajwi 20%.<\/p>\n<p>Mu ijambo rye nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora, Chapo yagize ati: &#8220;Twaracecetse muri iki gihe cyose, ku bwo kubaha amategeko. Turi ishyaka rikorera kuri gahunda ritegura intsinzi zaryo.&#8221;<\/p>\n<p>Nyuma y&#8217;itangazwa ry&#8217;ibyavuye mu matora, habaye imyigaragambyo irimo urugomo mu mijyi myinshi, ndetse hari abantu bishwe. Abapolisi benshi bagabwe mu duce tumwe na tumwe.<\/p>\n<p>Aya matora yaranzwemo ibirego by&#8217;uburiganya n&#8217;iyicwa ry&#8217;abashyigikiye abatavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi, bituma habaho imyigaragambyo mu bice bitandukanye by&#8217;igihugu.<\/p>\n<p>n&#8217;abapolisi barasaga amasasu nyamasasu n&#8217;imyuka iryana mu maso ku bigaragambya.<\/p>\n<p>Aya matora yananenzwe n&#8217;indorerezi z&#8217;amatora zo mu muryango w&#8217;Ubumwe bw&#8217;Uburayi (EU), zavuze ko bimwe mu byavuye mu matora byahinduwe.<\/p>\n<p>Zavuze ko habayeho &#8220;inenge mu kubara [amajwi] ndetse n&#8217;ihindurwa ridafite ishingiro ry&#8217;ibyavuye mu matora&#8221;.<\/p>\n<p>Umusesenguzi kuri politike Adriano Nuvunga yamaganye icyo yise uruhererekane rw&#8217;amatora abamo uburiganya muri Mozambique.<\/p>\n<p>Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko akanama k&#8217;amatora kanze kugira icyo kavuga ku birego by&#8217;uburiganya mu majwi.<\/p>\n<p>Biteganyijwe ko Chapo arahira muri Mutarama umwaka utaha.<\/p>\n<p><em><strong>Julien B.<\/strong><\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Daniel Chapo ni Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1975 Inkuru ya BBC ivuga y&#8217;uko Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique, FRELIMO, ryatsinze amatora&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":2033,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-2032","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2032","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2032"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2032\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/2033"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2032"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2032"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2032"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}