{"id":1872,"date":"2024-10-10T12:41:18","date_gmt":"2024-10-10T12:41:18","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1872"},"modified":"2024-10-10T12:41:18","modified_gmt":"2024-10-10T12:41:18","slug":"miliyoni-zabaturage-muri-leta-ya-florida-ntamashyarazi-bafite-kubera-serwakira-yiswe-milton","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/10\/10\/miliyoni-zabaturage-muri-leta-ya-florida-ntamashyarazi-bafite-kubera-serwakira-yiswe-milton\/","title":{"rendered":"Miliyoni z&#8217;Abaturage Muri Leta Ya Florida Ntamashyarazi Bafite Kubera Serwakira yiswe &#8216;Milton&#8217;"},"content":{"rendered":"<p><em>Amapoto y&#8217;amashanyarazi n\u2019impombo z\u2019amazi byangiritse kubera Serwakira &#8216;Milton&#8217;\u00a0 yibasiye Leta ya Florida<\/em><\/p>\n<p>Amakuru dukesha VOA avuga y&#8217;uko &#8216;Muri Leta zunze ubumwe z&#8217;Amerika abantu miliyoni eshatu babuze amashanyarazi n\u2019impombo z\u2019amazi zirangirika kubera Serwakira yiswe &#8216;Milton&#8217; yibasiye Leta ya Florida.<\/p>\n<p>Kugeza ubu, abantu bane ni bo bimaze kumenyekana ko bamaze gupfa bazize ingaruka y&#8217;iyo serwakira.<\/p>\n<p>Guhera mu ijoro ryo kuwa gatatu kugera mu rukerera rwo kuri uyu wa kane, umuyaga mwinshi waturukaga ku nkombe z\u2019inyanja washegeshe igice kinini cy\u2019amajyepfo ku buryo butari bwitezwe.<\/p>\n<p>Guverineri w\u2019iyi Leta Ron DeSantis yavuze ko Milton ifite ubukana butuma ishyirwa mu rwego rwa gatatu, ariko yizeza ko biteguye guhangana nayo.<\/p>\n<p>Amazu manini, n\u2019amato, yose atuwemo mu bice byinshi bitandukanye byo muri iyi Leta ya Florida yasenyutse ku buryo adashobora gusanwa.<\/p>\n<p>Serwakira Milton ibaye imwe muzifite ubukana burusha izindi mu myaka ijana ishize. Yashyizwe mu rwego rwa gatatu ukurikije ibipimo bifatirwaho mu gupima ubukana bwa Serwakira.<\/p>\n<p>Iyi yibasiye Florida, yari ifite umuvuduko wa kilometero 193 mu isaha imwe. Ni ukuvugako ifite umuvuduko uruta kure uw\u2019imodoka tubona mu masiganwa.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1875\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/0fa0d598-6346-4100-9f76-b072dfc61274_w408_r1_s.jpg\" alt=\"\" width=\"408\" height=\"230\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/0fa0d598-6346-4100-9f76-b072dfc61274_w408_r1_s.jpg 408w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/0fa0d598-6346-4100-9f76-b072dfc61274_w408_r1_s-300x169.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 408px) 100vw, 408px\" \/><em>Abakozi b&#8217;ubutabazi batabara umuntu wo mu ifasi ya Volusia iri hagati muri Leta ya Florida<\/em><\/p>\n<p>Ariko, Guverineri Ron DeSantis yumvikanye atanga ikizere ko biteguye guhangana nayo.<\/p>\n<p>&#8220;Dufite ibikoresho byinshi by\u2019ubutabazi n\u2019abakozi biteguye. Kandi twizeye ko ibyo bitaza gukenerwa, ariko bibaye ngombwa, turiteguye. Kandi ibyo si ibya Leta yacu gusa, dufite abasirikare bagera 9.000 hagati ya Florida n\u2019izindi Leta.&#8221;<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1876\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/e8724108-66e0-4cb2-8899-3774967df973_w408_r1_s.jpg\" alt=\"\" width=\"408\" height=\"230\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/e8724108-66e0-4cb2-8899-3774967df973_w408_r1_s.jpg 408w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/e8724108-66e0-4cb2-8899-3774967df973_w408_r1_s-300x169.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 408px) 100vw, 408px\" \/><em>Imihanda mu bice bitandukanye yuzuranye<\/em><\/p>\n<p>Kugeza ubu impungenge zihari, ni iz\u2019uko hari abantu bashobora kuburira ubuzima bwabo muri ibi biza. Umujyi muto witwa Siesta Key utuwe n\u2019abantu 5.400 ni wo kugeza ubu wakumvikana nk\u2019uwugarijwe n\u2019akaga gakomeye kuko uri mu kirwa.<\/p>\n<p>Uvuye aha ujya ahitwa Tampa Bay ho hatuwe na miliyoni eshatu hari ibirometero 100, abantu baho bari kuburirwa ko badakwiye gusohoka hirindwa ko ubuzima bwabo bushobora kujya mu kaga.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1877\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/acc3cc59-2eff-41f7-afd3-3b1b62e79472_w408_r1_s.jpg\" alt=\"\" width=\"408\" height=\"230\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/acc3cc59-2eff-41f7-afd3-3b1b62e79472_w408_r1_s.jpg 408w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/acc3cc59-2eff-41f7-afd3-3b1b62e79472_w408_r1_s-300x169.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 408px) 100vw, 408px\" \/><em>Ibyuma biterura ibintu biremereye mu bwubatsi byahanuwe na serwakira Milton mu mujyi wa St. Petersburg<\/em><\/p>\n<p><em><strong>Julien B.<\/strong><\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amapoto y&#8217;amashanyarazi n\u2019impombo z\u2019amazi byangiritse kubera Serwakira &#8216;Milton&#8217;\u00a0 yibasiye Leta ya Florida Amakuru dukesha VOA avuga y&#8217;uko &#8216;Muri Leta zunze ubumwe z&#8217;Amerika abantu miliyoni eshatu babuze amashanyarazi n\u2019impombo z\u2019amazi zirangirika&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1878,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-1872","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1872","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1872"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1872\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1878"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1872"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1872"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1872"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}